SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ibyaha P Diddy ashinjwa bikomeje kwiyongera
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ibyaha P Diddy ashinjwa bikomeje kwiyongera
Imyidagaduro

Ibyaha P Diddy ashinjwa bikomeje kwiyongera

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/09/25 at 8:26 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Abantu 11 ni bo bamaze gutanga ibirego bashinja umuraperi Sean Combs, uzwi nka P. Diddy, aregwa gusambanya abantu ku gahato no kubikuramo inyungu.

Yafashwe mu cyumweru gishize i New York nyuma y’ibirego by’ihohotera rishingiye ku gitsina n’urugomo, ibirego bimwe bihera mu myaka ya 1990.

Thalia Graves, yabaye umuntu wa 11 urega P Diddy kumusambanya ku gahato.

Avuga Diddy n’umurinzi we bamufashe, bakamuhambira, bakamusambanya ku ngufu mu 2001 kandi bagafata amashusho y’icyo gikorwa.

P.Diddy w’imyaka 54, yafashwe tariki 16 Nzeri muri hoteli y’i New York ku byaha by’umugambi wo kuvana inyungu mu byaha, gukoresha abantu imibonano igamije inyungu ku ngufu no gutwara abantu hagamije kubakoresha uburaya

Abashinjacyaha ku rwego rwa leta baramushinja kurema uruganda rw’ubugizi bwa nabi aho yahohoteraga, yakangaga, kandi agahatira abagore n’abandi bantu iruhande rwe guhaza irari rye ry’igitsina, kurinda izina rye, no guhishira iyo myitwarire ye.

Bavuga ko Diddy yakoreshaga ibiyobyabwenge, urugomo n’imbaraga z’izina rye mu kureshya abagore mu bikorwa by’imibonano mpuzabitsina mu birori byashoboraga kumara iminsi bitaga “Freak Offs”.

BBC ivuga ko abashinjacyaha bavuga kandi ko bavumbuye imbunda, amasasu n’amacupa arenga 1,000 y’amavuta yo kubobeza imibonano mpuzabitsina mu gusaka inzu za Diddy i Miami n’i Los Angeles muri Werurwe(3) uyu mwaka.

Bivugwa ko abashinjacyaha bavuganye n’abatangabuhamya benshi bakoranye na Diddy Combs na bamwe mu bari kumurega muri iyi minsi, kandi bagifunguye imiryango ku bandi bashobora kuzana ibindi birego.

– Advertisement –

P Diddy ahakana ibyaha ashinjwa kandi umunyamategeko we yabwiye abanyamakuru ko Diddy ari “umurwanyi udatewe ubwoba n’ibi birego”.

Combs ubu afungiye muri gereza ya Brooklyn, gereza izwiho kubamo urugomo rukabije no kudafata neza imfungwa.

Iyi gereza ifite ibyumba byagenewe imfungwa zidasanzwe. Ibinyamakuru muri Amerika bivuga ko Diddy ari muri kimwe muri ibyo byumba aho ari kumwe na Sam Bankman-Fried wahamwe n’ubushukanyi mu bya cryptocurrency.

Itsinda ry’abanyamategeko be ryasabye ko arekurwa akaburana adafunze kubera “imibereho mibi” muri iyo gereza, ariko abashinjacyaha bavuga ko yateje impungenge zikomeye zo kuba yahunga n’indege. Amaze kwangirwa kabiri kurekurwa by’agateganyo.
P.Diddy ahamwe n’ibyaha aregwa ashobora gufungwa hagati y’imyaka 15 n’igifungo cya burundu.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul September 25, 2024 September 25, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Gloria Busingye yashyizwe ku rutonde rw’abahanzi bagomba gukumirwa muri Uganda

December 11, 2024
Imyidagaduro

Maitre Dodian yahuje imbaranga na Papa Cyangwe bakorana indirimbo bise “Wowe ” (Video)

October 29, 2024
Imikino

Real Madrid yegukanye Igikombe cya 15 cya UEFA Champions League

June 2, 2024
Imyidagaduro

Bruce Melodie na Meddy abakunzi babo babasabye gukorana Indirimbo

December 3, 2023
Andi makuruIyobokamana

Nikodemu Nayigiziki wari Umupadiri ukuze kurusha abandi muri Arkidiyosezi ya Kigali yitabye Imana

July 4, 2023
Imyidagaduro

Imbuto Foundation yahembye abahize abandi mu irushanwa rya ArtRwanda-Ubuhanzi

December 7, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?