SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Oda Paccy agiye gushyira hanze alubumu ya gatatu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Oda Paccy agiye gushyira hanze alubumu ya gatatu
Imyidagaduro

Oda Paccy agiye gushyira hanze alubumu ya gatatu

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/09/11 at 4:33 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Oda Paccy ageze kure umushinga wa album ye ya gatatu ari na yo ya nyuma yifuza gukora mu muziki amazemo imyaka igera kuri 15, akaba yatangaje ko ari yo yari amaze igihe ahugiyeho mu gihe amaze atagaragara mu muziki.

Ibi Oda Paccy yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya yise ‘Birakureba’ ari na yo ya mbere izaba igize album ye nshya.

Aha yagize ati “Maze igihe ndi gukora kuri album yanjye ya nyuma ikaba iya gatatu nzaba nshyize hanze kuko mu myaka maze mu muziki nasohoye izindi ebyiri. Ntakubeshye niyo mpamvu mumaze igihe mutambona.”

Abajijwe niba iyi album koko ari yo ya nyuma nk’uko amaze iminsi abikomozaho, Oda Paccy yavuze ko ari byo, ati “Nibyo rwose nk’uko maze igihe mbivuga ndifuza ko iyi album yaba iya nyuma nkoze mu rugendo rwanjye rw’umuziki.”

Oda Paccy avuga ko imirimo yo gukora kuri iyi album ayimazeho igihe ndetse nyinshi mu ndirimbo yamaze kuzikora ku buryo hasigaye imirimo ya nyuma yo kuzisoza. Ari na yo mpamvu ahisemo gutangira gushyira hanze zimwe mu zigize iyi album.

Nubwo atarabonera izina iyi album ye ya nyuma, Oda Paccy avuga ko igomba kujya hanze bitarenze umwaka utaha cyane ko nyinshi mu ndirimbo ziyigize yamaze kuzikoraho.

Ikindi Oda Paccy yakomojeho ni uko abakunzi be batazongera kumubura igihe kirekire nkuko byari bimeze mu minsi ishize.

Ati “Nari maze igihe mpugiye mu gukora kuri album yanjye nshya, ariko nyinshi mu ndirimbo ziyigize namaze kuzitunganya. Igitahiwe ni ukuzisohora ku buryo nzajya gukora igitaramo abantu bazizi tugataramana.”

Oda Paccy umaze imyaka 15 mu muziki asanzwe afite album ebyiri zirimo iyitwa ‘Miss President’ yasohotse mu 2011 na ‘Umusirimu’ yasohotse mu 2013.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul September 11, 2024 September 11, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Kwibuka

#Kwibuka30: Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

April 8, 2024
Andi makuru

Ingabo z’u Burundi zari muri Kivu ya Ruguru zatashye

December 11, 2023
Imyidagaduro

Victor Rukotana yatandukanye n’umujyanama we No Brainer

February 10, 2025
Andi makuru

Minisiteri ya Siporo yasabye imbabazi ku kibazo cyabaye kuri sitade Amahoro

June 17, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzi Javanix yahurije hamwe isabukuru ye n’igitaramo cyo gushimira abakunzi be

April 21, 2023
Imyidagaduro

P Diddy yakuriweho ibyaha 5 mu byo ashinjwa na Producer Jones Rodney

March 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?