SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: RDC : Minisitiri w’ubutabera nuw’umutekano basabiwe gufungwa kubera ubwicanyi bwo muri Gereza ya Makala
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > RDC : Minisitiri w’ubutabera nuw’umutekano basabiwe gufungwa kubera ubwicanyi bwo muri Gereza ya Makala
Andi makuru

RDC : Minisitiri w’ubutabera nuw’umutekano basabiwe gufungwa kubera ubwicanyi bwo muri Gereza ya Makala

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2024/09/04 at 11:34 AM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Imiryango ibiri iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabiye Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere, Jacquemain Shabani, basabiwe gufungwa nyuma y’aho imfungwa 129 ziciwe muri Gereza nkuru ya Makala iherereye i Kinshasa.

Izi mfungwa zishwe mu rukerera rwa tariki ya 2 Nzeri 2024 ubwo zimwe muri zo zageragezaga gutoroka. Minisitiri Shabani yasobanuye ko mu bapfuye harimo 24 barashwe n’abacungagereza kandi ko hari abandi 59 bakomeretse.

Iyi miryango, NSCC (Nouvelle Sociéte Civile Congolaise) na RDDH-LC (Réseau des Défenseurs des Droits Humains et Lutte Contre la Corruption), ibona aba baminisitiri babiri bakwiye gufungwa nk’abafite mu nshingano imfungwa n’abashinzwe umutekano barinda gereza ya Makala.

Yasabye kandi ko umuyobozi wa Gereza ya Makala, abashinzwe ubutasi bwa gisivili n’ubwa gisirikare ko na bo batabwa muri yombi, igaragaza ko bashobora kuba bafite uruhare muri ubu bwicanyi.

Iyi miryango ibona ko hakwiye gukorwa iperereza ryigenga, rizafasha mu kwerekana ukuri ku bwicanyi bwakorewe muri gereza ya Makala, ababugizemo uruhare bose bakagezwa mu butabera.

Nk’uko byemejwe na Minisitiri Shabani, iyi miryango yashimangiye ko uretse abapfuye ndetse n’abakomeretse, hari abagore basambanyijwe ku ngufu ubwo imfungwa zageragezaga gutoroka iyi gereza.

Umuryango ACAJ (Association Congolaise pour l’Accès a la Justice) uharanira kugeza ubutabera kuri bose, ubona ko kugira ngo ibizava muri iri perereza byizerwa, Leta ya RDC ikwiye gukorana n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye muri iki gihugu rishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’indi miryango yigenga.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Wakibi Geoffrey September 4, 2024 September 4, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

May 30, 2025
Andi makuruImyidagaduro

Itsinda rya Boys II Men ritegerejwe I Kigali

July 25, 2023
Andi makuru

Kizza Besigye yaburiwe irengero ari muri Kenya

November 20, 2024
Andi makuru

Ikigo Orpcare Nursery & Primary School cy’I Kayonza cyishimiye ibihembo cyegukanye mu marushanwa Kigali Public Library (Amafoto)

May 22, 2024
Imyidagaduro

Isimbi Model yavuze ku rukundo akunda umugabo we Shaul Hatzir

April 22, 2024
Imikino

Dani Alves akomeje kuba mumazi abira !

November 24, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?