SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: MTN Rwanda yiseguye kubo yishyuje telephone za macye macye baratazifashe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > MTN Rwanda yiseguye kubo yishyuje telephone za macye macye baratazifashe
Andi makuruUbukungu

MTN Rwanda yiseguye kubo yishyuje telephone za macye macye baratazifashe

Ahupa Radio
Last updated: 2024/08/28 at 7:08 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yagaragaje ko mu bugenzuzi bwakozwe, byagaragaye ko hari bamwe mu baturage bishyujwe amafaranga muri gahunda ya Macye Macye kandi batarahawemo telefoni, gusa ivuga ko ayo bari bishyujwe bayasubijwe.

Macye Macye ni gahunda yatangijwe na Sosiyete y’itumanaho ya MTN ifatanyije na Banki ya Kigali, igamije gufasha abakiliya b’ibyo bigo kubona telefoni zigezweho ndetse bikanazabafasha kubona serivisi zinoze mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Inyungu zirimo ni uko ubona telefoni bidasabye ko wishyura ikiguzi cyose ahubwo umuntu agenda yishyura amafaranga make.

Mu minsi ishize hari abaturage batatse ko MTN Rwanda yabajyaniye amafaranga ku makonti yabo ya Mobile Money, babwirwa ko bari muri gahunda ya Macye Macye kandi atari byo.

Kuri uyu wa 28 Kanama 2024, mu itangazo ryayo yashyize ahagaragara, MTN Rwanda, yemeye ko ibyo byabayeho koko ariko ko hakozwe ubugenzuzi kandi ba nyira yo bahise bayasubizwa.

Rigira riti “Tumaze gukora ubugenzuzi kuri iki kibazo twasanze hari bamwe bishyujwe kandi batarafashe telefoni zabo muri serivisi ya Macye Macye bityo dutangira igikorwa cyo kubasubiza amafaranga yabo kuri MoMo, cyarangiye tariki ya 27 Kanama 2024.

MTN Rwanda yasabye imbabazi ku bahuye n’izo mbogamizi ndetse inagaragaza ko yiteguye gufasha uwo ari we wese waba ushaka guhabwa ibisobanuro birushijeho.

Ryakomeje rigira riti “Tubiseguyeho ku mbogamizi byateje kandi tubashimiye kwihangana mwagize.”

Ubwo hatangizwaga iyi gahunda Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yavuze ko ije kunganira gahunda ya Connect Rwanda yo kwegereza abaturage telefoni zigezweho no kongera umubare w’abazihawe.

Muri Nzeri 2023 hatangajwe ko mu mezi icyenda yari ashize gusa itangijwe, yari imaze gutangwamo telefoni zigera ku bihumbi 120 zifite agaciro ka miliyari 16 Frw.

 

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Ahupa Radio August 28, 2024 August 28, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Joseph Marley, umwuzukuru wa Bob Marley wari umuhanzi uzwi nka Jo yitabye Imana.

December 28, 2022
Imyidagaduro

Massamba agiye gukorera igitaramo muri Uganda

April 30, 2024
ImyidagaduroUtuntu n'utundi

Bahati Makaca yikomye abategaga urugo rwe iminsi

August 26, 2024
Andi makuru

Perezida Vladimir Putin yatangiye urugendo rw’iminsi ibiri mu Bushinwa .

May 16, 2024
Imyidagaduro

Igitaramo cya Jose Chameleon i kigali cyasubitswe

December 19, 2024
Imyidagaduro

Shakira yasubitse igitaramo yagombaga gukorera muri Peru Kubera uburwayi

February 17, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?