SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Goma :Sosiyete sivile irasaba leta kugabanya ingabo muri uwo mujyi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Goma :Sosiyete sivile irasaba leta kugabanya ingabo muri uwo mujyi
Andi makuru

Goma :Sosiyete sivile irasaba leta kugabanya ingabo muri uwo mujyi

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2024/08/28 at 3:11 PM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Sosiyete sivile ikorera mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Leta kugabanya abasirikare bari muri uyu mujyi, igaragaza ko bamwe muri bo ari bo bakomeje gukora ibyaha birimo ubujura.

Perezida w’iyi sosiyete sivile, Marion Ngavo, yatanze ubu busabe nyuma y’aho umusirikare wari wambaye impuzankano ateye agace ka Majengo muri uyu mujyi tariki ya 26 Kanama 2024, akarasa mu baturage nyuma yo kwambura umugore uvunja amafaranga.

Umucuruzi wabonye uyu musirikare yagize ati “Umusirikare ufite intwaro yaje, asaba uyu mugore kumuha amafaranga yose. Yarabyanze ariko ubwo yabonaga intwaro, yarayamuhaye. Abaturage babibonye bavugirije umusirikare induru. Ubwo ni bwo yatangiye kurasa amasasu menshi mu nzira. Twamukurikiye ariko yakomeje kurasa. Yakomerekeje benshi.”

Ngavo yasobanuye ko mu mezi menshi ashize, abateza umutekano muke i Goma ari abasirikare batari ku rugamba, birirwa bazerera muri uyu mujyi, kandi bakabaye baba mu bigo bya gisirikare.

Ati “Abateza umuhangayiko, umutekano muke n’impfu amanywa n’ijoro rimwe na rimwe baba ari abasirikare. Urugero ni urw’umusirikare wibye amafaranga umuvunjayi, akarasa abantu, umwe muri bo agapfira ku bitaro. Mu gihe aba basirikare batari ku rugamba, bagomba gusubizwa mu bigo byabo.”

Uyu muyobozi wa sosiyete sivile yakomeje ati “Ntabwo bakwiye kuba bazererana intwaro mu mujyi wa Goma kubera ko ibintu biri kurushaho kuba bibi.”

Abasirikare bongerewe mu mujyi wa Goma mu ntangiriro za 2024 ubwo umutwe witwaje intwaro wa M23 wafataga ibice biwukikije. Icyo gihe hari ubwoba ko ushobora kuwufata. Ikibabaza abaturage ni uko abakabarindiye umutekano ari bo bakomeje kubambura ubuzima n’imitungo yabo.

 

You Might Also Like

Kigali : Umusore wo mu kigero cy’ imyaka 20 yiyahuriye ku nyubako izwi nko kwa Makuza ahita yitaba Imana

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yatanze impapuro zimwerera guhagararira u Rwanda muri Kenya

Canal+ Rwanda yashyize igorora abakiliya bayo ibaha Poromosiyo ya Umukiliya n’umwami

Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20

Perezida Kagame yasuye ishuri rikuru ry’’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano muri Algerie

Wakibi Geoffrey August 28, 2024 August 28, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ikoranabuhanga

Airtel Rwanda yatangiye kugeza ku banyarwanda telefone zifite internet inyaruka (Amafoto)

October 16, 2023
Imyidagaduro

Chris Brown yaterewe muri yombi i Londres

May 16, 2025
Imikino

Stade Amahoro izakinirwaho imikino 2 gusa ya shampiyona 2024 2025

July 9, 2024
Imikino

Ravel Maxwell Ndjoumekou arifuzwa n’ikipe ya Etincelles FC!

January 2, 2024
Andi makuru

Bidasubirwaho Ingabo za M23 nizo zirinze Goma n’umupaka n’u Rwanda

January 29, 2025
Imyidagaduro

Imbuto Foundation yahembye abahize abandi mu irushanwa rya ArtRwanda-Ubuhanzi

December 7, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?