SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jivah record yasinyishije Producer Loader yiyemeza guteza imbere impano zikizamuka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Jivah record yasinyishije Producer Loader yiyemeza guteza imbere impano zikizamuka
Imyidagaduro

Jivah record yasinyishije Producer Loader yiyemeza guteza imbere impano zikizamuka

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/08/19 at 2:28 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Ndushabandi Balthazar wamenyekanye nka Produce Loader yahagaritse gukorera muri studio ye bwite, atangira gukorera muri studio nshya yitwa “Jivah Records” aho avuga ko yatangiranye imishinga y’indirimbo z’abahanzi banyuranye barimo Davis D, Alpha Rwirangira, Bwiza n’abandi banyuranye.

Yabitangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, mu muhango wahuje ibyamamare mu ngeri zinyuranye ubwo iyi studio yamurikwaga ku mugaragaro. Ni umuhango witabiriwe n’abarimo Prince Kiiiz, Calvin Mbanda, Niyo Bosco, Confy n’abandi banyuranye.

Loader yagaragaje ko yishimiye gutangirana urugendo rushya n’iyi studio, kandi ahamya ko yasinye amasezerano y’igihe kirekire, kandi ashobora kongerwa. Iyi studio ‘Jivah Records’ ikorera mu Karere ka Kicukiro, Umujyi wa Kigali.

Producer Loader yadutangarije ko yemeye gukorana Jivah Records ‘kubera ko bafite ibyo nkeneye kandi nabo bakeneye ibyo mfite’.
Arakomeza ati “Twarumvikanye, imikoranire itangira ubwo. Byaranyohereye gukorana nabo, ari nayo mpamvu navuye muri studio yanjye nkaza gukorana n’iyi studio nshya mu gutunganya imiziki.”

Yavuze ko gufata icyemezo cyo kureka studio ye akinjira mu mikoranire n’abandi kitamworoheye, ariko kandi yabonaga ko igihe kigeze kugirango akorane n’abandi.
Ati “Kuba ufite ibikoresho ntabwo bihagije n’ubwo byamfashije. Ariko hari ikindi kintu cyiza kikarenga ku bikoresho, icyo rero n’icyo kigira studio mpitamo gukorana nabo, bidakuyeho iyanjye nayo idahari, ariko nyine ubu studio nkoreramo ni ‘Jivah Records’.”

Uyu musore yavuze ko yinjiye muri iyi studio mu gihe amaze iminsi agira uruhare mu muziki w’u Rwanda, aho yakoze indirimbo nka ‘Ogera’ ya Bruce Melodie na Bwiza, ‘Ahazaza’ ya Bwiza, indirimbo ebyiri za Davis Scott, ‘Ndabakwepa’ ya Danny Vumbi n’izindi zinyuranye.

Yavuze ko yinjiye muri iyi studio mu gihe ari no gukora ku ndirimbo z’abahanzi zizasohoka mu minsi iri imbere zirimo nk’indirimbo ya Davis D, Alpha Rwirangira, Yverry, Shaffy, Ross Kana n’abandi.

Loader yavuze ko kwinjira mu bantunganya indirimbo z’abahanzi byaturutse ku rukundo akunda umuziki, no kuba Se yari umucuranzi ukomeye wa Gitari.

Ariko kandi yakuriye muri korali cyane byatumye ahura cyane n’ibyuma by’umuziki kenshi. Ati “Impamvu yatumye ninjira muri ‘Production’ ni uko Papa wanjye acuranga gitari, bityo byatumye nkura mbona ibicurangisho byinshi by’umuziki. Nakunze nkunda umuziki ariko nkumva nahitamo kuwutunganya cyane.”

Nyirinkindi usanzwe ari umuhanzi niwe ushinzwe ibikorwa by’iyi studio ‘Jivah Records’. Mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze ko iyi studio yatangiranye n’abahanzi bashya batatu izafasha gukora indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

Yavuze ko hari hiyandikishije abantu 60 bashaka gufashwa n’iyi studio, ariko bahitamo abaririmbyi batatu gusa. Nyirinkindi yavuze ko gutangiza iyi studio bari bafite intego yo ‘gushyira itafari ryacu ku muziki w’u Rwanda no gufasha buri wese ushaka kugana studio mu gihe runaka’.

Ati “Ni itafari twashatse gushyira ku muziki nyarwanda kugirango ushaka gukora umuziki wese atazabura aho anyura kugirango bigerweho. “

Nyirinkindi usanzwe ari umuhanzi wamamaye mu ndirimbo zigaruka kuri Perezida Paul Kagame, yavuze ko gutungira gukorana na Loader byaturutse ku buhanga afite mu gutunganya indirimbo no yaroroheje ibiganiro bagiranye by’imikoranire.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul August 19, 2024 August 19, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuhanzi Thompson yishimiye kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya P Promoters ya Papy Valens Ndahiro

July 25, 2023
Andi makuru

Umuryango wa Erixon Kabera ukomeje gusaba guhabwa ibisobanuro ku rupfu rwe

November 12, 2024
Imyidagaduro

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

May 29, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yashimiye RIB urwego rwiza igezeho igenza ibyaha

March 28, 2025
Imyidagaduro

Tonzi yamuritse album ya 9 Kabangaza ahembura Imitima ya benshi mu bari bamukumbuye

April 1, 2024
Imyidagaduro

Bruce Melodie yashyize hanze indirimbo sowe yakozwe n’abahanga muri Nigeria itwara akayabo

July 19, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?