SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: HUYE :Impanuka y’ikamyo ebyiri yangije byinshi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > HUYE :Impanuka y’ikamyo ebyiri yangije byinshi
Andi makuru

HUYE :Impanuka y’ikamyo ebyiri yangije byinshi

Ahupa Radio
Last updated: 2024/08/08 at 1:27 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Mu karere ka Huye mu Murenge wa Maraba aho bita mu ikorosi ryo kwa Rugiga, kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Kanama 2024 habereye impanuka y’imodoka ya Fuso yavaga Rusumo ijya Rusizi ipakiye inyanya n’ikamyo yari ipakiye Lisansi yavaga Rusizi ijya i Kigali hakomereka abantu babiri.

Umuvugizi wa Polisi Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda SP Kayigi Emmanuel, yatangaje ko iyi mpanuka yaturutse ku kuba izi modoka zombi buri mushoferi yataye igisate cy’umuhanda agenderamo ajya mu mukono wa mugenzi we imodoka zihita zigongana.

Ati “Impanuka yatewe no kudasatira inkombe y’iburyo bw’umuhanda byakozwe na n’abashoferi bombi”.

SP Kayigi avuga ko abashoferi bari batwaye izi modoka bakomeretse ubu bakaba barimo bitabwaho ku bitaro bya Kabutare.

Iyi mpanuka yangije n’imodoka zombi ndetse n’inyanya zari zipakiwe n’imwe muri zo zinyanyagira mu muhanda.

SP Kayigi agira inama abashoferi yo kutirara mu muhanda kuko biteza impanuka hagati yabo kandi iyo umwe ahunze indi modoka asanga abanyamaguru ku nkengero z’umuhanda rimwe na rimwe bakahabagongera.

SP Kayigi aributsa abatwara imodoka nini zitwara ibintu koroherana mu migendere yabo

kuko iyo hatabayeho gukurikiza amategeko y’umuhanda biteza impanuka ndetse zigwamo abantu abandi bakazikomerekeramo.

Ati “Kubahiriza amategeko ni ngombwa ariko abantu bakwiye kwirinda n’uburangare kuko usanga hari abakora impanuka bitewe no kurangarira mu bindi bintu birimo kuvugira kuri terefone ndetse bamwe bagatwara banyweye ku bisindisa”.

 

You Might Also Like

U Rwanda rwasabye kwakira amashami y’umuryango w’abibumbye i Kigali

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo Cancer ya Prostate yo mu rwego rwo hejuru

Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump

Parike y’igihugu y’Akagera igiye kwakira inkura 70 z’umweru

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Ahupa Radio August 8, 2024 August 8, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Gen Muhoozi Kaineruba yatangaje ko isabukuru ye izabera i kigali

March 31, 2023
Andi makuru

Umuhanzi Yvan Drive yashyize hanze indirimbo ebyiri zivuga ibigwi Perezida Kagame mu rwego rwo kumwamamaza .

June 26, 2024
Andi makuru

Umunyabigwi Roberta Flack yitabye Imana ku myaka 88

February 25, 2025
Andi makuru

Corneille Nangaa wa AFC/M23 yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

February 6, 2025
Andi makuru

RDC : 50 bakwekekwaho guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi basabiwe igihano cy’urupfu

August 28, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame na Madamu bashyize indabo ku gicumbi cy’Intwari z’u Rwanda

February 1, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?