SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Medjo Daba wakuze yumva azaconga ruhago yakoranye indirimbo na Mico The Best (Video )
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Medjo Daba wakuze yumva azaconga ruhago yakoranye indirimbo na Mico The Best (Video )
Imyidagaduro

Medjo Daba wakuze yumva azaconga ruhago yakoranye indirimbo na Mico The Best (Video )

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/07/30 at 3:20 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umuhanzi Ngenzi Hamza ukoresha izina rya Medjo D.a.b.a  Ukorera umuziki  ni  umunyarwanda usanzwe akorera umuziki we  mu gihugu cy’ubuholandi wakuze aziko azakina ruhago mu Rwanda  yakoranye  indirimbo n’Umuhanzi  Mico The  Best .

Uyu  muhanzi ukizamuka  mu muziki nyarwanda  yamenyekanye mu ndirimbo  nka  Hobby,Hiyo yakoranye na  Papa Cyangwe  ndetse  na Shattas  yishimiye kuba  yarakoranye indirimbo n’umuhanzi Mico The Best umwe  mu bamaze  imyaka  myinshi muri  uyu  muziki nyarwanda

Medjo  Mu kiganiro  n’umunyamakuru wa AHUPA RADIO  yamutangarije byinshi  mu rugendo rwe  rwa muziki yagize “ati  Mu bwana bwanjye nakuze Nkunda umupira w’amaguru cyane  kuko  anawukinaga ariko uko imyaka yagiye yegera imbere nibwo natangiye kwibonamo  impano yo kuririmba nubwo ntahise  mbikora ako  kanya  ariko ubwo nimukiraga mu gihugu cy’Ubuholandi  naje kwisanga  ndi kuririmba nubwo byabanje  kugorana kuko  gukora  umuziki  ku mugabane  w’iburayi bigoye  ariko  nabigezeho  umwaka ushize  mu kwezi kwa Gatatu  ubwo nari mu biruhuko  mu Rwanda nahuye  n’inshuti yanjye twakuranye  bita Hakizimfura  Dieudonne  uzwi nka Didos  Art  dushinga studio  yitwa A2TF dukorana umushinga waje kuvamo  indirimbo yanjye ya Mbere  nise Hobby  yakunzwe  n’abatari bake nubwo bwari ubwa mbere  byatumye ngira ingufu  nyinshi zo gukomeza gukora umuziki.

Yakomeje nyuma yo kubona uko indirimbo  Hobby  yakiriwe  nahise nshyiramo ingufu nyinshi nkora izindi eshatu harimo  niyi nakoranye na Mico  The  Best twise  Mfata .

Ku bijyanye n’indirimbo ye nshya yise  Mfata  yatubwiye  ko ari indirimbo yakoze ubwo aheruka mu Rwanda akaba yarifuje kuyikorana  n’Umuhanzi Mico The Best nk’umwe  mu bahanzi b’ae.bahanga mu Rwanda kandi ufite ubunararibonye  mu kwandika  indirimbo nziza akaba yaramwiyambaje kugira ngo bakorane kubera ibyo byonyine uretse  ko basanzwe  ari n’inshuti  mu buzima busanzw

Mu gusoza Medjo Daba yashimiye byimazeyo urukundo agaragarizwa mu muziki we n’abakunzi be anashimira abakomeje kumubera amaboko bamutera inkunga mu buryo butandukanye burimo no kubisakaza ahashoboka hose  harimo  n’itangazamakuru

Indirimbo  Mfata ya Medjo D.a.b.a  na Mico  The Best  yakozwe  mu buryo bw’amajwi  na  Top Hit  muri A2TF studio , mu gihe  amashusho yatunganyijwe na  yuFayzo Pro  umaze kubaka izina mu gutunganya amashusho  y’abamwe mu bahanzi bakomeye  hano mu Rwanda

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul July 30, 2024 July 30, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Ikinyamakuru The Mirror cyemeye amakosa cyakoreye Prince Harry

May 11, 2023
Andi makuru

Goma :M23 yashyizeho inzego zicunga umutekano wo mu muhanda

February 18, 2025
Imikino

Ibirori byo gutangiza iserukiramuco ry’abafana b’Arsenal muri Afurika byaranzwe n’ibyishimo byinshi (Amafoto )

April 19, 2025
Imyidagaduro

Jennifer Lopez arashinjwa gusuzugura umugabo we byatumye yaka gatanya

July 19, 2024
Utuntu n'utundi

Goma : Igisasu cya roketi cyaguye kuri Stade ya Goma cyica 1 gikometsa 11

September 29, 2023
Andi makuru

Ange Kagame yatangaje amazina y’abana be ubwo bizihizaga isabukuru y’amavuko

July 20, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?