SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Lady Gaga yagaragaye yambaye impeta y’urukundo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Lady Gaga yagaragaye yambaye impeta y’urukundo
Andi makuru

Lady Gaga yagaragaye yambaye impeta y’urukundo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/07/29 at 9:48 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Stefani Joanne Angelina Germanotta wamamaye nka Lady Gaga yagaragaje ko yambitswe impeta y’urukundo na Michael Polansky, bamaze igihe kinini bakundana.

Uyu mukobwa w’imyaka 38 yabitangarije Minisitiri bw’Intebe w’u Bufaransa, Gabriel Attal, ubwo bahuriraga mu Mikino ya Olempike iri kubera muri iki gihugu guhera ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 26 Nyakanga 2024. Uyu muhanzikazi ari no mu baririmbye mu birori byo gutangiza iyi mikino.

Mu mashusho yakwirakwiye aturutse ku rukuta rwa TikTok rwa Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, agaragaza uyu muhanzi amubwira ati “Uyu ni fiancé wanjye.’’

Gaga na Polansky batangiye kugaragaza ko bakundana mu 2020 ndetse icyo gihe bagaragaye bari gusomana mu Mujyi wa Las Vegas, ubwo bizihizaga gutangira umwaka mushya. Nyuma y’ibyumweru bike bongeye kugaragara muri Miami muri Super Bowl 2020 bahuje urugwiro.

Inshuti za hafi z’aba bombi zabwiye PEOPLE icyo gihe, ko babanaga mu nzu mu bihe bya Guma mu rugo mu gihe cya COVID-19.

Muri Mutarama 2021 ubwo Lady Gaga yaririmbaga mu irahira rya Perezida Joe Biden ryabereye i Washington D.C, umukunzi we yari yamuherekeje. Icyo gihe yabwiye abari hafi y’urubyiniro ko ari ‘umukunzi we’.

Mu Ugushyingo 2021 People  yabwiwe n’abantu ba hafi b’aba bombi ko n’ubwo batahise bamwikana impeta y’urukundo hutihuti, bitwaraga nk’abashyingiranywe. Ubu bafatanya mu bikorwa bitandukanye birimo iby’ubugiraneza.

Mu Ukwakira umwaka ushize Gaga na Polansky batunguranye mu birori bya ‘After party’ bya ‘Saturday Night Live’ icyo gihe bongera guhamya ko bakundana urutari urumamo. Muri Werurwe uyu mwaka ubwo Lady Gaga yizihizaga imyaka 38 basohokanye ahitwa Giorgio Baldi i Santa Monica muri Califorania.

Gaga yari yarambitswe impeta y’urukundo na Christian Carino. Aba bombi baje gutandukana mu ntangiro za 2019 nyuma y’imyaka ibiri bakundana. Mu 2015 nabwo yari yambitswe impeta y’urukundo na Taylor Kinney uzwi muri Hollywood ariko nyuma y’umwaka umwe baratandukana.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul July 29, 2024 July 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Paul Kagame yageze I Dar Es Salam aho yitabiriye inama ihuza abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC

February 8, 2025
Imyidagaduro

The Ben yasezeye bwa Nyuma kuri Nyirakuru uherutse kwitaba Imana amuvuga imyato

April 5, 2024
Andi makuru

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

May 31, 2025
Andi makuruImyidagaduro

Cecile Kayirebwa,Muyango ,Ruti Joel Bizeje abazitabira igitaramo cya Mtn Iwacu na Muzika igitaramo cy’amateka

November 22, 2023
Andi makuru

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zongeye kwibasira ingabo z’U Rwanda ngo zive muri DRC

May 18, 2023
Imyidagaduro

#Kwibuka31: Massamba yasabye urubyiruko kudasinda ibyishimo ahubwo rukwiye kuba maso muri iki gihe twibuka

April 10, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?