SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida wa Madagascar yishimiye intsinzi ya Kagame
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida wa Madagascar yishimiye intsinzi ya Kagame
Andi makuru

Perezida wa Madagascar yishimiye intsinzi ya Kagame

Ahupa Radio
Last updated: 2024/07/18 at 1:39 AM
Ahupa Radio
Share
1 Min Read
SHARE

Perezida wa Madgascar, Andry Rajoelina yishimiye intsinzi ya Kagame Paul wari umukandida uhagarariye Umuryango FPR Inkotanyi mu matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Abinyujije kuri X, Perezida Andry Rajoelina yanditse ati “Mu izina ry’abaturage ba Madagascar, ndashimira cyane umuvandimwe wanjye Paul Kagame ku kongera gutorwa ku majwi 99.15%, nk’uko byatangajwe nk’ibyavuye mu matora by’agateganyo. Turifuriza u Rwanda amahoro n’iterambere”.

U Rwanda na Madagascar bisanzwe bifitanye umubano mwiza, aho mu 2023 ibi bihugu byombi byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi n’ishoramari hagati y’inzego z’abikorera hagamijwe koroherezanya ku mpande zombi.

Perezida Andry Rajoelina aheruka guhura na Perezida Kagame muri Kanama 2023 ubwo yari ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda. Icyo gihe Perezida Andry Rajoelina yashimye uburyo Perezida Kagame yizerera mu kugira Afurika yishoboye, iteye imbere kandi ishobora kwikemurira ibibazo byaba iby’ubushomeri, umutekano n’ibindi.

Yavuze kandi ko icyo cyerekezo cya Perezida Kagame bagihuriyeho kandi ko igihugu cye cyiteguye gufatanya n’u Rwanda kugira ngo iterambere ry’ibihugu byombi na Afurika muri rusange rigerweho.

You Might Also Like

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Uganda : Ingabo za UPDF zaburijemo igitero cy’iterabwoba I Munyonyo hagwa babiri

Martin Fayulu udacana uwaka na Tshisekedi biyemeje gufatanya kurwanya Joseph Kabila

I Kigali hateraniye inama itegura ibikorwa by’ingabo za EAC biteza imbere abaturage

RIB yasabye abanyarwanda kwirinda ababashukisha akazi keza mu mahanga bizezwa ubuzima bwiza

Ahupa Radio July 18, 2024 July 17, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Togo : Faure Gnassingbé yarahiriye umwanya ushobora gutuma ayobora ubuzima bwe bwose

May 5, 2025
Andi makuru

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko guteza imbere umugore bigira ingaruka nziza ku bukungu bw’u Rwanda

May 29, 2025
Utuntu n'utundi

Tomiko Itooka wari ukuze kurusha abandi kw’isi yitabye Imana ku myaka 116

January 4, 2025
Andi makuruImyidagaduro

Miss Muheto Divine na Fatakumavuta bagejejwe imbere y’urukiko

October 31, 2024
Imyidagaduro

Abantu ntibari kuvuga rumwe ku mafaranga asabwa ngo bazarebe ubukwe bwa The Ben na Pamella .

November 8, 2023
Imyidagaduro

Umujyi wa Kigali watangaje ahazaturikirizwa ibishashi byo kwishimira umwaka mushya

December 30, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?