SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Noopja nyuma yo kwegukana ibihembo muri Africa Music Academy yashyize hanze indirimbo ebyiri zishimira Perezida Kagame
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Noopja nyuma yo kwegukana ibihembo muri Africa Music Academy yashyize hanze indirimbo ebyiri zishimira Perezida Kagame
Imyidagaduro

Noopja nyuma yo kwegukana ibihembo muri Africa Music Academy yashyize hanze indirimbo ebyiri zishimira Perezida Kagame

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/06/21 at 11:32 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Nduwimana Jean Paul wamamaye nka Noopja washinze Country Records na Country FM, umuraperikazi Angel Mutoni ndetse na Nzayisenga Sophia bari ku rutonde rw’abegukanye ibihembo bya “Africa Music Academy (AMA)” bigamije guteza imbere umuziki w’abanyafurika.

Ibyo  bihembo byatanzwe n’iki kigo cyo mu Bufaransa kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024. Ni nyuma y’uko ku wa 15 Gicurasi 2024 bifashishije konti zabo bagaragaje abahataniye ibi bihembo.

Ni ibihembo bigamije gufasha abahanzi bo muri Afurika, aba Producer n’abandi bafite aho bahurira n’umuziki kugaragaza ibikorwa byabo ku ruhando Mpuzamahanga.

Ariko kandi bitegurwa mu rwego rwo kubashimira uruhare bagira mu guteza imbere abakiri bato biyumvamo impano y’umuziki. Abari bahatanye bashyizwe mu byiciro bitandukanye, hanyuma Akanama Nkemurampaka gahitamo uwahize abandi.

Ni ku nshuro ya mbere bitanzwe. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru bagaragaje ko, Angell Mutoni usanzwe ari umuraperikazi uri mu bakomeye yegukanye igikombe mu cyiciro cya ‘Authors’, Thasi Ponda wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nawe yegukanye igikombe cy’umwanditsi mwiza w’indirimbo (Composers);

Petit Miguelito wo muri Benin yegukanye igikombe cya ‘Interpreters’, Nzayisenga Sophie yegukana igikombe mu cyiciro cy’umunyamuziki, Noopja yegukana igikombe cya ‘Producer’ uhiga abandi mu Rwanda.

Mu gusobanura iki cyiciro Noopja yegukanyemo igikombe, bagaragaje ko ‘Producer’ atari umuntu utunganya indirimbo, ahubwo ni umuntu wagize uruhare mu guteza imbere abari mu muziki binyuze mu bikorwa yatangijwe n’ibindi. Ni mu gihe Lilian Escobar wo muri Colombi yegukanye igikombe cy’umujyanama mwiza (Manager).

Noopja yagaragaje ko yishimiye iki gikombe yahawe nka ‘Producer’ wagize uruhare mu kuzamura abahanzi batadukanye ndetse na ba Producer.

Aba bose batsinze bari bahatanye mu cyiciro cy’abahanzi bakomeye mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) barimo: Angell Mutoni (Rwanda), Mike Kayihura (Rwanda), Bushali (Rwanda), Nzayisenga Sophie (Rwanda) Noopja (Rwanda) ndetse na Masudi Kandoro (Tanzania). Bushali na Masudi Kandoro nibo batabashije kwegukana igikombe.

Hanatanzwe kandi ibihembo byihariye ku bantu batandukanye. Abategura ibi bihembo bavuze ko buri wese watsindiye igikombe bazakimushyikiriza mu gihe kiri imbere nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akanama gategura ibi bihembo, Wally Badarou.

Ibi bihembo byatangijwe na Komite ibitegura mu 2014 ku ntego yo guteza imbere umuziki nyafurika mu buryo bwagutse, kuva ku mugabane wa diaspora, amateka ndetse n’igihe isi igezemo, bashyira umucuranzi nyafurika ku mutima.

Ni ibihembo bitangwa mu byiciro birimo: ‘Songwriters’, ‘Composers’, ‘Performers’, ‘Musicians’, ‘Executive Producers’ ndetse na ‘Managers’. Hanatangwa ibihembo byihariye mu byiciro bitatu: ‘Publisher Prize’, ‘Special Prize’ ndetse na ‘Memory Prize’.

Nyuma yo kwegukana  icyo gihembo Noopja  yahise ashyira  hanze indirimbo  ebyiri zivuga ku byiza  Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yakoze  mu myaka 30 abohoye u  Rwanda yise Tumutore na Niwe Niwe .

Mu kiganiro kigufi na Ahupa  Radio ko izo  ndirimbo  yazikoze  mu rwego rwo gushimira  Perezida Kagame kubera  ibyiza yakoze mu rwego rwo guteza imbere abanyarwanda harimo ibikorwa remezo,ubuzima ,uburezi ,umutekano ni bindi byinshi  yagejeje  ku Rwanda .

Mu gusoza Noopja  yasabye  urubyiruko ndetse na Banyarwanda  ko mu gihe turi kwitegura  kwamamaza umukandida  w’abanyarwanda bose  bazahagurukira rimwe ku tariki 15 Nyakanga  2024 bagatora inore izirusha intambwe .

Kanda hano wumve indiri Tumutore na Niwe Niwe za Noopja

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul June 21, 2024 June 21, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida wa Koreya ya ruguru aragirana ibiganiro na Mugenzi w’uburusiya 

September 12, 2023
Andi makuru

Perezida Ruto nyuma yo guhura naba Guverineri yemeye ibyo ibyo asabwa

December 16, 2024
Imikino

Brittney Elena umaze iminsi mu Rwanda yashimangiye ko yifuza kuhatura

May 31, 2023
Andi makuru

Perezida wa Pologne Andrzej Sebastian Duda agiye gusura ubutaka butagatifu bwa Kibeho

February 5, 2024
Imyidagaduro

Mutesi Jolly arifuza kuzayobora ibirori bya Grammy Awards mu Rwanda

February 9, 2024
Utuntu n'utundi

ubuyobozi bw’abayisilamu muri Jinja burasaba ko Nyege Nyege Festival’ ihagarikwa

September 27, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?