SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Dir AB Godwin yashinze ishuri ryigisha indimi na Mudasobwa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Dir AB Godwin yashinze ishuri ryigisha indimi na Mudasobwa
Imyidagaduro

Dir AB Godwin yashinze ishuri ryigisha indimi na Mudasobwa

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/06/21 at 11:12 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Mutimura Abed wamamaye nka AB Godwin mu gufata no gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yafunguye ishuri ryigisha indimi yise ‘Goodnews multitalents school’.

Nyuma yo gufungura iri shuri rimaze iminsi mike ritangiye gukora, AB Godwin yavuze ko ubwo yari  mu  Igororeo rya Kigali I Mageragere  yahungukiye ibintu byinshi nyuma yo kubona ibintu byinshi bikorerwamo harimo no kwigisha benshi  mu bagororwa bahagororerwa

Mu 2023 nibwo AB Godwin yatawe muri yombi akurikiranyweho kugurutsa ‘drone’ atabifitiye uburenganzira, ahanishwa igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe usubitse mu gihe cy’umwaka umwe, ibyatumye ahita ava mu igororero.

AB Godwin yadutangarije  ko  mu igororero yahigiye amasomo menshi, rimwe muri yo rikaba gushinga ishuri ryigisha indimi.

Ati “Igihe nari mfunze nagize igitekerezo cy’ikintu nakora mu gihe nari kuba nsohotse, icyo gihe nibwo nibutse uburyo urubyiruko rukeneye amahirwe yo kwiga indimi ngira igitekerezo cyo gushing ishuri.”

Uyu musore ahamya ko nyuma yo gufungurwa yihutiye kuzuza ibyo yaburaga mu mwuga we wo gutunganya amashusho birimo gushaka ibyangombwa bimwemerera gutunga ‘drones’ hanyuma abona umwanya wo gushyira mu ngiro igitekerezo cye.

Ati “Ngifungurwa nihutiye gushyira ku murongo iby’ibyangombwa naburaga ngo nemererwe gutunga ‘drones’, nyuma yo kubishyira ku murongo noneho mbona gutangira urugendo rwo gushyira mu bikorwa igitekerezo nari maranye igihe.”

Iri shuri riherereye Kicukiro Centre, AB Godwin ahamya ko yaritangije mu bushobozi yagiye yizigama mu kazi gatandukanye akora kayobowe n’ibyo gufata amashusho no kuyatunganya.

Uretse gukora indirimbo z’abahanzi, AB Godwin akunze kwiyambazwa n’ibigo bitandukanye aba akeneye ko bakorana akabafatira amasusho yamamaza akanayatunganya.

Iri shuri rya AB Godwin ryigisha indimi zitandukanye zirimo Igifaransa, Icyongereza, Igishinwa, Ikidage, Igiswahili, Ikinyarwanda n’izindi nyinshi.

Godwin  kandi  yadutangarije ko  atazahagarira kuri ishuri ry’indimi gusa  ahubwo mu minsi iri imbere azafungura ishuri ryigisha  ibijyanye no gufata amashusho ndetse n’amafoto  n’uburyo bayatunganya nyuma yo kubona ko hano hanze  urubyiruko rwugarijwe n’ubushomeri  cyane .

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul June 21, 2024 June 21, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

.#Kwibuka31 : Rubyiruko mube ijwi ry’Ukuri ku mateka y’igihugu cyacu mukoresheje Ikoranabuhanga :King James

April 11, 2025
Andi makuru

Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’abadepite mu majyepfo

March 11, 2024
Andi makuru

Réseau des Femmes yahaye imashini zo kudoda abahoze mu buraya muri Gasabo

March 27, 2025
Andi makuru

RDC: Umutwe wa M23 wakajije umutekano mu bice wasubiyemo muri Walikare

April 23, 2025
Imyidagaduro

Miss Uwihirwe Yasipi Casmir yasabwe n’umukunzi we

March 31, 2025
Imyidagaduro

#Kwibuka29: Senderi Hit yasohoye indirimbo yageneye abarokotse bo Murenge wa Kabagari

April 7, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?