SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Minisiteri ya Siporo yasabye imbabazi ku kibazo cyabaye kuri sitade Amahoro
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Minisiteri ya Siporo yasabye imbabazi ku kibazo cyabaye kuri sitade Amahoro
Andi makuru

Minisiteri ya Siporo yasabye imbabazi ku kibazo cyabaye kuri sitade Amahoro

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/06/17 at 5:09 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Minisiteri ya Siporo yiseguye ku bw’umuvundo wabaye ubwo hasogongerwaga Stade Amahoro ugakomerekeramo abagera kuri 63, batandatu bakajyanwa kwa muganga ndetse kugeza ubu umwe akaba akiri kwitabwaho n’abaganga.

Ku wa Gatandatu, tariki 15 Kamena 2024 abanyarwanda basogongeye kuri Stade Amahoro yari imaze igihe ivugurwa yongerewe ubushobozi ishyirwa ku kwakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza.

Ibi birori byari byiswe Umuhuro mu Mahoro cyangwa Ihuriro ni mu Mahoro, hari hateguwe umukino wa APR FC na Rayon Sports warangiye amakipe yombi yanganyije 0-0.

Icyakora nta byera ngo de. Nubwo hari abashimiye gutaha iki gikorwaremezo gikomeye abandi ntibabashije gusubira mu rugo kuko batandatu bajyanywe kwa muganga muri 63 bakomeretse muri rusange.

Gukomereka kwa bamwe kwaturutse ku muvundo wabaye mu gihe cyo kwinjira kubera gutinda gufungura amarembo bityo abantu benshi bashaka kwinjirira rimwe muri Stade cyane ko bari banarambiwe kubera umwanya munini bari bamaze hanze.

Ibinyujije mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga kuri iki Cyumweru, tariki 16 Kamena 2024 Minisiteri ya Siporo yiseguye ku byabaye ndetse itangaza ko abajyanywe kwa muganga benshi bamaze gusezererwa.

Iyi Minisiteri yatangiye ishimira Abanyarwanda ku bwo kwitabira iki gikorwa ku bwinshi.

Yagize ati “Minisiteri ya Siporo irabashimira uburyo mwitabiriye ku munsi w’ejo igikorwa cyiswe ‘Ihuriro ni mu Mahoro’ cyabereyemo umukino wahuje APR FC na Rayon Sports. Byari byiza cyane kubabona mwese muri stade yanyu.”

Yakomeje itanga amakuru ku bantu batandatu bajyanywe kwa muganga kubera umuvundo wabaye mu myinjirize.

Iti “Dushimiye abashinzwe umutekano ndetse n’inzengo z’ubutabazi bafashije abaje kuri stade bose. Abagize ibibazo bose barafashijwe n’abakeya bagiye kwa muganga baratashye, umwe niwe abaganga bakiri kwitaho.”

Iyi Minisiteri kandi yasoje yisegura ku bitaragenze neza isezeranya kuzakosora ubutaha.

Yagize iti “Tuboneyeho kandi kubiseguraho ku bitaragenze neza mu buryo bwo kwinjira muri Stade Amahoro. Turabizeza ko twafashe ingamba zo gukosora ibitaragenze neza.”

Muri rusange uyu mukino wari wateguwe mu rwego rwo gusuzuma niba iyi Stade iheruka kwemerwa n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) imeze neza mu bijyanye no kwinjira no gusohoka kw’abafana, umutekano, ubwatsi bw’ikibuga, ibibaho byandikwaho ibitego n’ibindi bikoresho bitandukanye biyigize niba bikora neza.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul June 17, 2024 June 17, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Piano The Grooveman yasinye muri Studio y’umuhanzi Ricky Password

May 10, 2024
Iyobokamana

Abazitabira igitaramo cya Chorale de Kigali bizejwe ibitangaza n’abaterakunga bacyo

December 13, 2023
Imyidagaduro

Killaman umenyerewe muri Sinema yasezeranye n’umukunzi we

February 8, 2024
Imikino

BRAZIL: Nyuma yo gutsindirwa mu rugo na Fortaleza ikipe ya Santos FC yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri!

December 7, 2023
Imyidagaduro

Rusine Patrick yambitse Impeta Umukunzi We Iryn

August 12, 2024
Imyidagaduro

Jose Chameloen agiye kugezwa mu nkiko nyuma yo gukubita umumotari

January 25, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?