SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abapolisi barenga 1000 bazifashishwa mu gucunga umutekano mu matora
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Abapolisi barenga 1000 bazifashishwa mu gucunga umutekano mu matora
Andi makuru

Abapolisi barenga 1000 bazifashishwa mu gucunga umutekano mu matora

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/06/17 at 5:14 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Polisi y’Igihugu yatangaje ko umutekano mu gihe cy’amatora uzaba ucunzwe neza yaba ku ruhande rw’abakandida n’aho baziyamamariza hose, bigizwemo uruhare n’abapolisi barenga 1000 batojwe by’umwihariko kurinda umutekano mu gihe cy’amatora.

 

Kuva tariki 22 Kamena kugeza k uwa 13 Nyakanga 2024 hazatangira ibikorwa byo kwiyamamaza, aho abakandida bazajya mu bice bagennye gusobanurira Abanyarwanda imigabo n’imigambi yabo.

Ibi bikorwa bihuriramo abantu benshi, Polisi y’u Rwanda ikagira inshingano zo kuharindira umutekano mu buryo bwihariye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yabwiye RBA ko mu matora umutekano uzaba ucunzwe neza cyane ko n’abapolisi bateguwe.

Ati “Hari Abapolisi barenga 1000 bateguwe barigishwa ku gucunga umutekano by’umwihariko muri iki gihe cy’amatora. Bagize igihe cyo kubyiga, baratozwa, barasoza tugera n’igihe abayobozi bakuru barabaganiriza harimo harimo na Komisiyo y’Amatora.”

Mu bikorwa byo gucunga umutekano mu bihe by’Amatora Polisi igera mbere kandi igacungira umutekano aho abakandida barakorera ibikorwa byabo hose.

Ati “Dufite inshingano zo kurinda umutekano wa buri wese, ndavuga abakandida uko ari batatu, aho bakorera, aho banyura rimwe nituba tubaherekeje ntibazagire ngo ni ukubagendaho ni uko dufite inshingano zo kubarindira umutekano aho bagiye hose…nihagira n’ikiba tumutabare kuko birashoboka ko nubwo tuvuga ko mu Rwanda bitahaba ariko ashobora guca ahantu mu misozi bakamutera ibuye.”

Yavuze ko bitemewe ko umuntu avuga ko adakeneye gucungirwa umutekano kuko biri mu nshingano za Polisi y’u Rwanda.

Mu bindi bishoboka harimo no kuba umukandida yemerewe guhitamo undi muntu umucungira umutekano mu buryo bwihariye uvuye mu bigo bishinzwe gucunga umutekano ariko na bwo akamenyesha Polisi y’u Rwanda.

Abakandida bemerewe guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024 harimo Paul Kagame watanzwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi, Frank Habineza w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, DGPR na Mpayimana Philippe wiyamamaje nk’umukandida wigenga.

ACP Rutikanga yavuze ko abazaba bari kwiyamamaza bagomba gukomeza kubahiriza amategeko y’umuhanda kuko amakosa bazakora atazihanganirwa n’uko bari mu bikorwa byo kwiyamamaza.

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul June 17, 2024 June 17, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Dj Pcee na Justin99 bagezweho muri Afurika y’Epfo batumiwe mu gitaramo Intore Sundays

May 17, 2023
Imikino

Umunya-Serbie, Darko Nović ashobora kugirwa Umutoza mushya wa APR FC

June 11, 2024
Imyidagaduro

Wayre, Levixone na Daddy Andre bageze I Kigali aho baje gutarama muri Kigali Jazz Junction

March 29, 2023
Imyidagaduro

Ibihembo bya Isango na Muzika Awards bigiye gutangwa ku nshuro yabyo ya 5

September 4, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Mugenzi we wa Togo Faure Gnassingbé

January 20, 2025
Andi makuru

Umunyarwanda Derrick Irutingabo yarasiwe mu isabukuru muri Amerika

May 10, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?