SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Cyusa Ibrahim nabo bazafatanya mu gitaramo cye bijeje abanyarwanda kuzatarama Migabo hagaca uwambaye (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Cyusa Ibrahim nabo bazafatanya mu gitaramo cye bijeje abanyarwanda kuzatarama Migabo hagaca uwambaye (Amafoto)
Imyidagaduro

Cyusa Ibrahim nabo bazafatanya mu gitaramo cye bijeje abanyarwanda kuzatarama Migabo hagaca uwambaye (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/06/05 at 9:02 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
5 Min Read
SHARE

Umuhanzi  Cyusa Ibrahim ukunzwe cyane muri iyi minsi mu njyana Gakondo ndetse akaba n’umwe mu baririmbyi bafashaga Cécile Kayirebwa,Cyusa.  nyuma y’amezi menshi  ategura igitaramo cye yise  Migabo Live concert  yatuye  Umukuru w’igihugu Paul Kagame  kubera ibyiza yakoze mu myaka 30 nyuma yuko rwibohoye Ingoma  yagashakabuhake  yatumye abanyarwanda  twisanga mu macakubiri  akab ariwo muzi watumyeategura i gitaramo  cyo gucyeza ibyiza yakoze  .+

Ni mu kiganiro n’itangazamakuru ku gicamunsi  kuri  uyu wa gatatu muri  Onomo Hotel  cyitabiriwe  na Cyusa Ibrahim , Mnagera Muyoboke Alexis  ndetse n’abahagarariye abaterankunga b’icyo gitaramo havugiye byinshi ku bijyanye n’imyiteguro  y’icyo gitaramo .

Mu ijambo rye  Cyusa Ibrahim  yabanje gushimira abaterankunga bose  ndetse n’itangazamakuru  batahwemye gukomeza kumuba hafi mu myiteguro  itoroshye y’icyo  gitaramo agiye gukora bwa  mbere  kuva yatangira urugendo rwe muri  Gakondo .

Cyusa  yagize ati “Ndashimira cyane Muyoboke Alexis  we wafashe umwanya w wa akaza kumbwira ijambo bwa mbere asaba ko  twakora igitaramo ibintu byanteye ingufu zo gukanguka nkamenya ko igihe kigeze ngo nkore igitaramo cyanjye  ,

Yakomeje ashimira Fiacre usanzwe uzwi mu gutegura ibitaramo bya Gospel cyane nk’umuntu babana  buri munsi kuko babana  mu buzima bwa Buri munsi ,yanavuze kandi ko iyo ataba bo ntago yari kubasha gutegura  igitaramo nkiki kandi ngo yaguke bigeze aho ageze  ubu  .

Yakomeje avuga ko ashimira abaterankunga cyane  cyane itangazamakuru ryakomeje kumuba hafi mu rugendo  rwe  rwa muzika ndetse na ba Producer  bakoze  ku ndirimbo ze  zose harimo nka  Producer Pastor P ,Bob Pro . Na bandi benshi batumye  ibihangano bye  bigera kure bishoboka .

Cyusa yavuze  kandi ko iki gitaramo  Migabo Live concert yagikoze  mu rwego rwo gushimira Nyakubahwa  Perezida wa Repulika Paul Kagame kubera ibyiza byinshi  yakoze ‘harimo  kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda ,Ibikorwaremoze ,Ubuzima ndetse utibagiwe n’Umutekano utuma  isi yose  yisanga mu Rwanda .

Ku ruhande rwa  Muyoboke Alexis  umwe mu bagabo badahwema  kwerekana urukundo bafitiye  muziki  nyarwanda kuva mu myka ya za 2008 akaba umwe mubafashije Cyusa Ibrahim  gutegura igitaramo yise Migabo  live Concert  we yatangaje ko  nyuma y’igihe kinini yabanye na Cyusa kuva muri  Kaminuza nkuru y’u Rwanda  I Butare abyina mu Nyamibwa akahava ajya mu Nganzo Ngali  ariko nyuma y’iyo myaka yose ubwo yiyemezaga gukora umuziki we ari wenyine   nibwo yatangiye kujya ategura  ibitaramo  byo  gususurutsa abantu  muri Hotel  zitandukanye  mu mugi  wa Kigali  ariko amaze kubona uburyo abantu bakunze  umuziki we amusaba ko  yarekeraho kuririmba mu mahoteli ahubwo agatangira kuririmba ku giti cye.

Nawe ntiyamubereye umwana mubi yarabikurikije  cyane bigera ku musaruro ukomeye cyane ari nabwo yaje kumusaba ko bategura igitaramo cye  cyihariye kuko abantu bari bamaze  kumukunda cyane .

Muyoboke  yakomeje avuga ko kugira ngo umuhanzi amenyekane  cyane kw’isi hose hari ibintu byinshi  abazwa hari kuba afite alubumu kuko bigaragaza kenshi ibikorwa bye .

Ku ruhande  rw‘abahanzi  bazifatanya na barimo Ruti Joel, Inganzo Ngari ,na Chris Neat  ndetse  n’abaterankunga bose bishimiye ko gukora na Cyusa Ibrahim mu gitaramo cye ,kabone  ko bamwe muri bo  nka Ruti Joel Atari ubwa mbere  bataramanye mu bitaramo bitandukanye bagiye bahuriramo akaba yamwijeje ko azakoresha ubutore bwe bagataramira migabo  wakuye  abanyarwanda  mu bihe bibi buri wese akaba yishimiye  kuba mu Rwanda rutemba amata n’ubuki .

Igitaramo  Migabo live  Concert biteganyijwe  kuri uyu  wa gatandatu kizaba tariki 08 Kamena 2024, kikazabera muri Camp Kigali, aho  kubazagura amatike  mbere  y’igitaramo   ari  amafaranga 8.000frw ahasanzwe.15.000Frw VIP  na 30.000Frw Ameza asanzwe ,mu gihe  abazagura itike  ku mu muryango ahasanzwe 10.000Frw  ,VIP 20.000Frw ndetse na 35.000frw ku meza ,Biteganyijwe ko  igitaramo kizatangira  kw’isaha y’I saa kumi

Abanyamakuru bari bitabiriye ikiganiro ari benshi
Muyoboke Alexis na Cyusa baganira mbere y’ikiganiro n’itangazamakuru
Umuhanzikazi akaba n’umu Producer Chris Neat yitabiriya ikiganiro
Cyusa wari ukeye mu maso yijeje abanyarwanda ko ishimwe bagomba kuriha Perezida wa Repubulika
Chris Neat umenyerewe nka Producer mu Ibisumizi yashimangiye ko azaberaka ibirenze gutunganya umuziki

 

Intore Ruti Joel ati ‘ gutaramana n’intore nkawe n’ukuba inyamibwa 
Abaterankungaba Mibago Live concert nabo bishimiye guteza imbere imyidagaduro mu Rwanda

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul June 5, 2024 June 5, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye gukoresha Drone gucunga umutekano wo mu muhanda

January 4, 2025
Andi makuru

Polisi y’u Rwanda yongeye kwitwara neza mu irushanwa Swat Challenge i Dubai

February 6, 2025
Imyidagaduro

Umunyarwenya Dave Chappelle yunamiye inzirakaregane zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

June 1, 2024
Imikino

Umubyeyi wa Taddeo Lwanga ukina muri APR FC yitabye Imana!

December 11, 2023
Imyidagaduro

Noopja nyuma yo kwegukana ibihembo muri Africa Music Academy yashyize hanze indirimbo ebyiri zishimira Perezida Kagame

June 21, 2024
Imyidagaduro

Doctall Kingslay yongeye kwerekana ko amaze kwigarurira imitima ya Banyarwanda mu Iwacu Summer Comedy Festival’

June 10, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?