SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Roland-Garros: Rafael Nadal yasezerewe mu majonjora
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Roland-Garros: Rafael Nadal yasezerewe mu majonjora
Imikino

Roland-Garros: Rafael Nadal yasezerewe mu majonjora

Ahupa Radio
Last updated: 2024/05/29 at 7:53 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Bwa mbere mu mateka ye mu Irushanwa rya French Open ryamamaye nka Roland-Garros, Rafael Nadal yasezerewe mu ijonjora rya mbere nyuma yo gutsindwa na Alexander Zverev 6-3 7-6(5) 6-3 ku wa Mbere.

Kuri ubu, abafana b’i Paris basigaye bibaza niba Nadal wegukanye Roland-Garros inshuro 14 ashobora kuzongera kugaruka muri iri rushanwa yayoboye mu myaka 20 ishize.

Nadal umaze gutwara amarushanwa 22 akomeye ku Isi ndetse akaba yaratwaye Roland-Garros ya mbere mu 2005 n’iya nyuma mu 2022 mbere yo kuvunika mu kibero, aheruka kuvuga ko uyu mwaka ushobora kuba uwe wa nyuma akina nk’umunyamwuga.

Nyuma yo gusubira muri iri rushanwa atakinnye mu 2023, ndetse ntiyemeze niba ari ryo rya nyuma akinnye mbere yo guhura na Zverev, Nadal yerekanye urwego ruri hejuru ku kibuga cya Philippe Chatrier ariko ku myaka ye 37 arananirwa.

Nyuma yo gusezererwa, yagize ati “Ntabwo nzi neza 100% niba ari inshuro ya nyuma ariko nishimiye abafana hano mu cyumweru cy’imyiteguro n’uyu munsi. Ibyiyumviro byanjye uyu munsi biragoye kubisobanura n’amagambo, ariko ntibisanzwe kumva urukundo rwo mu gace nkunda kurusha utundi.”

Yakomeje agira ati “Nishimira gukina cyane no gukora ingendo hamwe n’umuryango. Umubiri umeze neza ugereranyije no mu mezi abiri ashize.”

Gutsinda uyu mukino byatumye Zverev aba umukinnyi wa gatatu utsinze Nadal muri Roland Garros nyuma ya Novak Djokovic na Robin Soderling.

Ni umukino wa kane Rafael Nadal yatsinzwe mu mikino 116 amaze gukina muri iri rushanwa ribera mu Bufaransa.

Nadal yabaye irindi zina rikomeye ryasezerewe hakiri kare nyuma y’Umwongereza Andy Murray watsinzwe na Stan Wawrinka 6-4, 6-4, 6-2 ku Cyumweru.

Nimero ya mbere ku Isi muri Tennis, Novak Djokovic, aratangira guhagarara kuri iri rushanwa aheruka kwegukana ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri aho yisobanura n’Umufaransa Pierre-Hugues Herbert.

 

You Might Also Like

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

APR BBC yongeye itsindirwa mu maso ya Perezida Kagame na MBB South Africa 98-88

Ahupa Radio May 29, 2024 May 28, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Réseau des Femmes yahaye imashini zo kudoda abahoze mu buraya muri Gasabo

March 27, 2025
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Taylor Swift yahize abandi bahanzi mu kwinjiza akayabo ka miliyari mu bitaramo bya Eras Tour

December 11, 2023
Andi makuru

Rafael Nadal yasezeye burundu ku mukino wa Tennis

November 20, 2024
Imyidagaduro

Kendo yashimiye buri wese wamufashije kugira ngo indirimbo Tabasamu Ijye hanze (Video)

February 28, 2024
Andi makuruUbukungu

Ibiciro by’ibikomoka kuri lisansi byagabanutse mu Rwanda

October 8, 2024
Imikino

Ruboneka Jean Bosco yafashije APR FC gutsinda Police FC .

January 21, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?