SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jennifer Lopez yikomye abakomeje kumwibasira bamuba ibye n’umugabo we
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Jennifer Lopez yikomye abakomeje kumwibasira bamuba ibye n’umugabo we
Imyidagaduro

Jennifer Lopez yikomye abakomeje kumwibasira bamuba ibye n’umugabo we

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/23 at 10:26 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Nyuma y’iminsi mike bimenyekanye ko umuhanzikazi w’icyamamare, Jennifer Lopez, yatandukanye n’umugabo we, Ben Affleck, yikomye cyane abantu babimubazaho yaba mu itangazamakuru cyangwa ku mbuga nkoranyambaga.

Mu cyumweru gishize nibwo byatangajwe ko umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime, Jennifer Lopez yamaze gutandukana n’umugabo we Ben Affleck bari bamaze imyaka 2 n’igice barushinze. Uyu mugabo we usanzwe ufite izina rikomeye muri Hollywood akaba asigaye anibana mu nzu ye i Los Angeles mu gihe yasize Lopez i Calabasass aho babanaga.

Kuva aya makuru yatangazwa Jennifer Lopez n’umugabo we bakomeje kugarukwaho cyane mu binyamakuru hibazwa icyaba cyabatandukanyje. Uyu muhanzikazi bwa mbere yabibajijwe yanze kugira icyo abivugaho ahubwo yiyama abari kubimubaza.

Ibi yabikoreye mu kiganiro n’itangazamakuru mu gihugu cya Mexique aho ari kwamamaza filime ye nshya yitwa ‘Atlas’ igiye kunyura kuri Netflix. Lopez arikumwe na Brad Peyton wayoboye iyi filime baganiriye n’itangazamakuru maze uyu muhanzikazi abazwa impamvu yatandukanye n’umugabo we Ben Affleck.

Mu gusubiza Lopez yagize ati: ”Ntabwo ndi hano kugirango mvuge ku mubano wanjye n’umugabo wanjye, ndi hano kuvuga kuri filime yanjye gusa. Ndabasaba ko mwarekera ku mbaza ibibazo by’urugo rwanjye”.

Jennifer Lopez yakomeje ati: ”Ibi birareba n’abandi banyamakuru bose bari kubimbaza kimwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga. Murekere aho kunyinjirira mu buzima bwite. Ntabwo iby’urugo rwanjye aribyo muzajya muvuga kuko si ibyanyu. Kuki ntababonye muvuga kuri album yanjye nshya?”.

Ibi uyu muhanzikazi abisubije nyuma y’iminsi ishize yibasiwe ku mbuga nkoranyambaga avugwaho kuba ariwe nyirabayazana witandukana rye na Ben Affleck bari bamaranye imyaka ibiri n’igice basezeranye kubana akaramata.

 

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul May 23, 2024 May 23, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bruce Melodie na manager we baguze imigabane muri UGB

January 18, 2024
Imyidagaduro

Bimwe mu byamamare byatangaje ko bizitabira igitaramo cyateguwe na Ev. Dana Morey Mu Rwanda

June 6, 2023
Iyobokamana

Israel Mbonyi agiye gusubira gukorera igitarmo mu bubiligi

February 26, 2024
Imyidagaduro

Producer Li John yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Ndagutinya

September 27, 2023
Imyidagaduro

Rema yishimiwe n’ibyamamare byitabiriye Ibirori bya Ballon d’Or

October 31, 2023
Imyidagaduro

Phil Peter agiye gutaramira ku mugabane w’Uburayi

June 6, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?