SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: P Diddy akomeje kwicuza nyuma y’amashusho akubita uwari umukunzi we
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > P Diddy akomeje kwicuza nyuma y’amashusho akubita uwari umukunzi we
Imyidagaduro

P Diddy akomeje kwicuza nyuma y’amashusho akubita uwari umukunzi we

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/20 at 11:21 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuraperi Diddy yatakambye asaba imbabazi nyuma y’amashusho ye aheruka kujya hanze, ari gukubita Cassie Ventura bahoze bakundana.

Ni amashusho yo mu 2016 yagiye hanze mu minsi ibiri ishize, aho agaragara ari guhondagura uwari umukunzi we Cassie.

Yagiye hanze mu gihe uyu mugabo amaze iminsi ashinjwa guhohotera abagore ndetse benshi bakaba bakomeje kumushyira mu majwi ko yagiye abibakorera mu bihe bitandukanye mu myaka yashize.

Ikinyamakuru CNN nicyo cyabanje gusohora ayo mashusho yafatiwe muri “InterContinental Hotel” i Los Angeles, agaragaza uyu muraperi ari gukubita uwari umukunzi we, bahita bemeza ko nyuma y’isusuzuma bakoze basanze ari Piddy.

Aya mashusho yagiye hanze mu gihe abanyamategeko ba Diddy bari bamaze iminsi barekeje mu nkiko gukuzaho ibirego umukiliya wabo ashinjwa, ndetse bakavuga ko ari umwere.

Nyuma yayo, Diddy yifashishije urubuga rwe rwa Instagram yafashe amashusho, asaba imbabazi avuga ko mu gihe yakoraga ibi yari ari mu bihe bibi ndetse afite ibibazo bitandukanye, ariko agaragaza ko bidakwiriye kuba urwitwazo.

Ati “Birakomeye cyane gusubiza amaso inyuma ukareba ku bihe wanyuzemo bikomeye mu buzima bwawe, ariko rimwe na rimwe uba ugomba kubikora. Ntabwo nari meze neza mu mutwe ariko ntabwo ari urwitwazo. Imyitwarire yanjye muri ariya mashusho ntabwo ari iyo kwihanganirwa. Nababajwe no kuba narabikoze ndetse ni nako bimeze ubu. Nashatse ubufasha, ntangira kujya kwivuza, ngomba gusaba Imana imbabazi n’ubuntu bwayo. ”

Diddy yasoje avuga ko ashaka kuba umuntu mwiza umunsi ku wundi ndetse agaragaza ko atari gusaba imbabazi, kuko bigoye kuzihabwa ariko asaba abantu kumwihanganira no kumwumva.

Kuva mu mwaka ushize nibwo Cassie yari yagannye inkiko ashinja Diddy kumuhohotera, ariko nyuma baza kubikemura hagati yabo. Nyuma y’uyu mugore ariko haje abandi benshi bashinjaga uyu mugabo ibyaha bijya gusa gutya barimo abagabo n’abagore.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul May 20, 2024 May 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame yayoboye Inama nkuru ya gisirikare

November 15, 2023
Imyidagaduro

PDG Brenda Thandi yegukanye igihembo cy’umushoramari wahize abandI mu bihembo bya GIFA D’OR

November 11, 2024
Imyidagaduro

Nemeye Platini yishimiye ko umuhigo yiyemeje wo gufasha abana ba Jay Polly yawesheje

May 1, 2024
Imyidagaduro

Tom Close yashyize hanze indirimbo yise niyo Ikamena yakoranye na Fireman

October 17, 2023
Imyidagaduro

igitaramo ‘Ndabaga Heritage & Culture Festival’ cyasubitswe habura Iminsi 3 gusa ngo kibe

March 5, 2025
Andi makuru

Umunyarwenya Steve Harvey yashimye imikorere y’Ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru RBA

December 16, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?