SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Kigali Universe ya Coach Gael yafunguwe ku mugaragaro hakinwa irushanwa rya Mini foot (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Kigali Universe ya Coach Gael yafunguwe ku mugaragaro hakinwa irushanwa rya Mini foot (Amafoto)
Imyidagaduro

Kigali Universe ya Coach Gael yafunguwe ku mugaragaro hakinwa irushanwa rya Mini foot (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/19 at 4:08 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Inzu nshya y’imikino iri ku gisenge cya CHIC mu mujyi wa Kigali rwagati, Kigali Universe yafunguwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gicurasi 2024, hakinwa irushanwa rya “Mini Foot” ryahuje amakipe atandukanye.

Ni inyubako igizwe n’ibice bitandukanye birimo ikibuga cy’umupira w’amaguru (Mini-Football) kigizwe n’ubwatsi bw’ubukorano bugezweho n’aho abafana batari benshi bazajya bicara.

Iyi kandi ikaba ifite ahantu abantu bafatira icyo kunywa no kurya ndetse n’amaduka azacururizwamo imyambaro itandukanye ya siporo, hamwe n’ahakinirwa imikino itandukanye yo mu nzu nka Tennis na Golf, Video Games, imikino y’imodoka n’indi itamenyerewe cyane mu Rwanda.

Ku rundi ruhande hari ikibuga cya Basketball y’abakina ari batatu ndetse n’urwambariro rwifashishwa n’abakinnyi.

Ubwo yafunguraga iyi nyubako, Meya w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva yatangaje ko Kigali Universe ijyanye n’icyerekezo Umujyi ufite cyo gushyiraho inzu z’imyidagaduro zitandukanye aho yijeje abawutuye ko hari n’izindi ebyiri zigiye kuza mu minsi mike.

Ifungurwa rya Kigali Universe ryajyanye na shampiyona yahuje amakipe ane arimo iy’Abanyamakuru ba Siporo, abahanzi, abahoze bawukina ndetse n’abashoramari.

Mu mukino ufungura iyi nyubako, ikipe y’abahoze bawukina yatsinze iy’abanyamakuru ba Siporo ibitego 7-6 harimo bitatu bya Jimmy Gatete.

Mu wundi mukino ikipe y’abashoramari ikaba yatunguranye itsinda iy’abahanzi ibitego 13-6 aho Gacinya Chance Denis wahoze ari Perezida wa Rayon Sports, yaje gutsindamo ibitego bitatu.

Umukino wa nyuma ukaba uteganyijwe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru ukaza kubanzirizwa n’uw’umwanya wa gatatu uhuza abahanzi n’abanyamakuru.

Kigali Universe ya Karomba Gaël [Coach Gaël ], biteganyijwe ko ubwo izaba yashyizwemo ibikoresho byose izaba itwaye arenga miliyoni 1,5$, ni ukuvuga hafi miliyari ebyiri mu mafaranga y’u Rwanda.

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul May 19, 2024 May 19, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Musanze Polisi yarashe Umujura ahasiga ubuzima

April 17, 2023
Andi makuru

U Rwanda n’Ububiligi byahagaritse amasezerano byari bifitanye

February 19, 2025
Andi makuru

Perezida yitabiriye inama yo kwizihiza imyaka 25 EAC imaze muri Tanzania

November 30, 2024
Andi makuru

GASABO: Polisi yataye muri yombi 2 bibaga abaturage bakoresheje ibikangisho

December 11, 2024
Imyidagaduro

Bien Aimé yageze i Kigali yakirwa na Bruce Melodie n’Ubuyobozi bwa 1:55 AM

August 27, 2024
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yashimiye Ingabo z’u Rwanda n’abandi bagize inzego z’umutekano

December 30, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?