SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jimmy Gatete yatangaje abakinnyi 11 b’ibihe byose kuri we ndetse n’ibyo akunda mu buzima
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Jimmy Gatete yatangaje abakinnyi 11 b’ibihe byose kuri we ndetse n’ibyo akunda mu buzima
ImikinoImyidagaduro

Jimmy Gatete yatangaje abakinnyi 11 b’ibihe byose kuri we ndetse n’ibyo akunda mu buzima

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/08 at 12:55 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 

Rutahizamu Jimmy Gatete benshi bita imana y’ibitego yatangaje abakinnyi 11 beza bakinanye mu makipe yanyuzemo ndetse no mu Ikipe y’Igihugu (Amavubi).

Uyu munyabigwi yatondetse ikipe ye y’ibihe byose ku wa Gatatu, tariki 8 Gicurasi 2024 mu kiganiro Urubuga rw’Imikino gitambuka kuri Radio Rwanda.

Abajijwe abakinnyi 11 beza bakinanye, Gatete yavuze ko bigoye gukora amahitamo ariko agerageza gutondeka ikipe ye.

Umunyezamu yamugize Murangwa Eugène Eric wakinaga muri Rayon Sports no mu Amavubi, avuga ko gukinisha amaguru ndetse no kumenya uko akinisha ba myugariro ba muri imbere ari bimwe mu byo yarushaga abandi banyezamu.

Myugariro w’iburyo ahazwi nko kuri kabiri yahashyize Sibomana Abdul, ibumoso cyangwa kuri gatatu yahashyize Ndikumana Hamad wamamaye nka Katauti. Ni mu gihe mu mutima w’ubwugarizi yashyizemo Kalisa Claude na Bizagwira Léandre.

Hagati mu kibuga ahazwi nko kuri gatandatu yahashyize nyakwigendera Jeanot Witakenge wamamaye cyane muri Rayon Sports. Hari kandi Karekezi Olivier uzwi nka Danger man ndetse na Jimmy Mulisa.

Mu bakinnyi batatu b’imbere bataha izamu, yishyize ku busatirizi (nimero icyenda), mu gihe yaba afatanya na Mbonabucya Désiré na Kabongo Honoré.

Sibyo  gusa  uyu rutahizamu uunzwe cyane mu Rwanda  yanagarutse ku muziki akunda kumva cyane kandi umunyura nubwo Atari  ibintu akunda cyane

Ubwo yari abajijwe niba ajya agira umwanya wo kumva umuziki hakaba n’abahanzi afata nk’abibihe byose kuri we, yavuze ko yihebeye abo mu myaka yo hambere.

Ati “Umuziki ndawukurikirana, nubwo ab’ubu mbazi, mbakurikira, ariko nkunda cyane aba cyera. Nka Cecile Kayirebwa nkunda indirimbo ze ariko reka simvuge amazina kuko mfitemo inshuti ntaza kugira ibibazo.”

Uyu mugabo wabaye ikimenyabose muri ruhago y’u Rwanda kugeza ubwo ahawe akazina ka ’Mana y’Ibitego’ bitewe n’uburyo yakundaga gutsindira Ikipe y’Igihugu Amavubi, ari i Kigali ku butumire bwo gutaha inyubako ya Kigali Universe.

Ni inyubako byitezwe ko izatahwa mu minsi iri imbere ahateganyijwe irushanwa rizahuza abahanzi, abakinnyi bakanyujijeho, abashoramari ndetse n’abanyamakuru b’imikino.

 

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Nsanzabera Jean Paul May 8, 2024 May 8, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Nyiri Hotel Gorilla umunyemari Rusera Emmanuel yitabye Imana

March 1, 2023
Imyidagaduro

Juno Kizigenza na Bwiza bamwe mu begukanye ibihembo muri Bright Generation Awards 2023

March 27, 2023
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yashimiye Abayobozi b’ibihugu bishimiye intsinzi ye

July 23, 2024
Andi makuru

Ukraine yatangaje ko yiteguye gusubiza i Pyongyang abasirikare bayo yafashe

January 14, 2025
Andi makuru

Umuvugizi wungirije wa M23 Dr Oscar Balinda yahakanye amakuru ku ifatwa rya Gen Omega

March 5, 2025
Andi makuruIyobokamana

Iyamuremye Serge n’umugore we Baritegura kwibaruka imfura yabo

September 19, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?