APR BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League yatsinze AS Douanes yo muri Senegal amanota 66-61, itsinda umukino wa kabiri muri itatu imaze gukina mu itsinda ryiswe ’Sahara Conference’.
Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki 07 Gicurasi 2024, i Dakar muri Sénégal.
Wari umukino APR BBC yasabwaga gutsinda kugira ngo yiyongerere amahirwe yo gukina imikino wa “Final” izabera i Kigali mu mpera z’uku kwezi nyuma y’aho itsinzwe umukino wa kabiri na River Hoopers yo muri Nigeria amanota 86-82 mu cyumweru gishize.
APR BBC yatangiranye amakosa menshi mu bwugarizi ndetse itsinda amanota make cyane.
Agace ka mbere karangiye iyi kipe yo muri Senegal itsinze APR BBC amanota 17-11.
Mu gace ka kabiri ikipe y’ingabo yatangiye kugabanya amakosa no gushaka uko bayakoresha AS Douanes yari yabazonze mu gace kabanje, ndetse banabigeraho.
Agace ka kabiri APR BBC yagatsinze ku manota 16 kuri 9 ya AS Douanes BBC, amakipe yombi ajya kuruhuka anganya amanota 27-26.
Mu gace ka Gatatu, APR BBC yakomeje kongera amanota binyuze mu bakinnyi nka William Roynes na Noel Obadiah.
Aka gace karangiye APR BBC iyoboye umukino n’amanota 46 kuri 42 ya AS Douanes.
Mu gace ka nyuma AS Douanes yagarutse yashyizemo imbaraga ndetse itangira kugabanya ikinyuranyo habura iminota irindwi amakipe yari afite amanota (51-51).
Habura umunota umwe n’amasegonda 48 ngo umukino urangire, ikipe y’Ingabo bashyizemo ikinyuranyo cy’amanota atandatu (60-54) cyabaye kinini mu mukino, ariko ntibyamaze umwanya kuko mu masegonda 33 ya nyuma byari 60-59.
Mu masegonda 20 ya nyuma, Hunt yakoreye ikosa kuri Boissy watsinze lancer-franc ebyiri (63-61), igitutu cyongera kujya kuri APR kuko Kapiteni wayo, William Robeyns na we yatsinze lancer-franc imwe (64-61) muri ebyiri yahawe amaze gukinirwa nabi na Boissy hasigaye amasegonda 12.
Umupira Ntore Habimana yambuye Boissy, agahita akorerwa ikosa na Samba Fall, wagaruriye icyizere APR n’Abanyarwanda kuko umusifuzi yahise atanga lancer-franc ebyiri zinjijwe neza n’uyu mukinnyi.
Umukino warangiye APR BBC itsinze na AS Douanes amanota 66-61, itsinda umukino wa kabiri muri BAL 2024 mu mikino itatu imaze gukina.
Noel Obadiah wa APR BBC ni we watsinze amanota menshi (24).
Gutsinda uyu mukino byatumye APR yigarurira icyizere kuko yasoje imikino ibanza ari iya kabiri n’intsinzi ebyiri mu mikino itatu, ikurikiye Rivers Hoopers yatsinze US Monastir amanota 84-63, ikagira intsinzi eshatu mu mikino itatu.
APR BBC izagaruka mu kibuga wa kane tariki 9 Gicurasi 2024, ikina umukino wo kwishyura na US Monastir yo muri Tunisia saa kumi n’ebyiri z’umugoroba isaha ya Kigali.