SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ingabo za SADC ziyemeje kurandura umutwe wa M23
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Ingabo za SADC ziyemeje kurandura umutwe wa M23
Andi makuru

Ingabo za SADC ziyemeje kurandura umutwe wa M23

Ahupa Radio
Last updated: 2024/05/06 at 11:14 AM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, SAMIDRC, zateguje ko zigiye gutangiza intambara ku mutwe witwaje intwaro wa M23.

Ni nyuma y’igitero cyagabwe mu nkambi ya Mugunga iherereye mu Mujyi wa Goma tariki ya 3 Gicurasi 2024, cyatwaye ubuzima bw’impunzi zigera kuri 16, kigakomeretsa izindi zigera kuri 30.

Uyu muryango, SADC, kuri uyu wa 5 Gicurasi watangaje ko umutwe wa M23 ari wo wagabye iki gitero kandi ko cyagize ingaruka ku basivili, barimo benshi bahunze, umuhanda wa Sake-Goma unyuzwamo ibitunga abaturage na wo urafungwa.

Ihuriro AFC ry’imitwe ya politiki n’iya gisirikare irimo M23, ryo ryagaragaje ko iki gitero cyagabwe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ririmo igisirikare cy’igihugu, imitwe ya Wazalendo, FDLR n’abacancuro; riteguza ko Perezida Félix Tshisekedi azaryozwa ingaruka z’ibikorwa bye ku Banye-Congo.

SADC ititaye ku byatangajwe na AFC, yatangaje ko ku bufatanye n’ingabo za RDC, SAMIDRC igiye gutangiza ibitero bigamije gusenya M23, kugarura amahoro n’umutekano no gufungura imihanda minini.

Yagize iti “SAMIDRC ku bufatanye n’ingabo za RDC, izakora ibikorwa byo gusenya M23, ibungabunge amahoro n’umutekano, inarinde abasivili n’imitungo yabo ibindi bitero. Ibi bikorwa bigamije gufungura imihanda no gukora ibishoboka kugira ngo abaturage barindwe ubwoba, kwimuka no kwicwa; bakomeze ubuzima bwabo nta kuvangirwa.”

SAMIDRC igizwe n’ingabo za Afurika y’Epfo, Tanzania na Malawi. Ubutumwa ifite mu Burasirazuba bwa RDC kuva Ukuboza 2023 ni ubwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro, cyane cyane M23.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Ahupa Radio May 6, 2024 May 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Paul Kagame na Madamu bitabiriye inama ya OIF mu Bufaransa

October 4, 2024
Imyidagaduro

Taylor Swift yesheje agahigo ko kuba umuhanzikazi ukize kurusha abandi

October 8, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye uhagarariye Oromia yo muri Ethiopia

January 13, 2025
Andi makuru

Umuhanzi Chley yishimiye kuba agiye gutaramira abanyarwanda akigera I kigali

August 9, 2024
Imikino

“Argentine irashaka umutoza ufite imbaraga nyinshi kandi umeze neza”: Lionel Scaloni

November 23, 2023
Andi makuru

Niba umuntu ashaka ko intambara irangira ahagarika akarengane Perezida Kagame mu nama ya EAC na SADC

March 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?