SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: BurikinaFaso yahaye amasaha 24 abadipolomate b’abafaransa yo kuba basohotse mu gihugu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > BurikinaFaso yahaye amasaha 24 abadipolomate b’abafaransa yo kuba basohotse mu gihugu
Andi makuru

BurikinaFaso yahaye amasaha 24 abadipolomate b’abafaransa yo kuba basohotse mu gihugu

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/04/18 at 1:34 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

 

 

Leta y’inzibacyuho ya Burkina Faso yirukanye abadipolomate batatu b’u Bufaransa, ibashinja kujya mu “bikorwa bigamije gukuraho inzego” zemewe n’amategeko.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho tariki ya 1 Ukuboza 2023, inzego zishinzwe umutekano muri Burkina Faso zitaye muri yombi Abafaransa bane bakekwagaho kuba intasi z’u Bufaransa, nubwo bwo bwabihakanye.

Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byatangaje ko tariki ya 16 Mata 2024 Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Burkina Faso yahaye aba badipolomate amasaha 48 yo kuba bavuye ku butaka bw’iki gihugu.

Ntabwo iyi Minisiteri yasobanuye inzego aba badipolomate baba bari bagambiriye gukuraho. Ikizwi ni uko u Bufaransa ari kimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi byagaragaje ko bidashyigikiye ubuyobozi bw’abasirikare bo muri Afurika bahiritse ubutegetsi.

Umubano w’ibihugu byombi wazambye kuva muri Nzeri 2022, ubwo Captain Ibrahim Traoré yajyaga ku butegetsi, akuyeho Paul-Henri Sandaogo Damiba.

Icyo gihe uyu musirikare yasheshe amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare ibihugu byombi byari byaragiranye kuva mu 1961, yirukana Ambasaderi w’u Bufaransa.

Capt Traoré yatangije ubufatanye bushya hagati y’igihugu cye n’u Burusiya busanzwe budacana uwaka n’u Bufaransa, ndetse na Leta y’inzibacyuho ya Mali na Niger; na zo ziyobowe n’abasirikare bakoze ‘coup d’états’.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul April 18, 2024 April 18, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ubuzima

1000 Hills Events na NCDP batanze ibihembo kubagize uruhare mu guteza imbere abamugaye

December 1, 2024
Imikino

“Ibyo yavuze ntabwo ari byo” – Chairman wa APR FC Col Karasira Richard !

January 15, 2024
Imyidagaduro

Umukinnyi wa Filime Bahavu Janet yavuye mu bihembo bya Inganji Awards

January 15, 2025
Andi makuru

Burkina Faso yemeje itegeko rihana ababana bahuje ibitsina

July 12, 2024
Ikoranabuhanga

Abakoresha whatsapp bongeye kuvuga menshi nyuma yokumara hafi isaha idakora

April 4, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzi Real Limu yahuje imbaraga na Justin bashyira hanze indirimbo bise Imihigo irakomeje

May 14, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?