SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: #Kwibuka30 : Inshuti z’U Rwanda kw’isi hose zacanye urumuri rw’icyizere (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > #Kwibuka30 : Inshuti z’U Rwanda kw’isi hose zacanye urumuri rw’icyizere (Amafoto)
Andi makuru

#Kwibuka30 : Inshuti z’U Rwanda kw’isi hose zacanye urumuri rw’icyizere (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/04/08 at 8:19 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Urumuri rw’icyizere rwacanywe mu bice bitandukanye by’Isi mu kwifatanya n’u Rwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, uhereye muri BK Arena aho abiganjemo urubyiruko bitabiriye umugoroba wo kwibuka.

Ni umugoroba wagombaga kubanzirizwa n’urugendo rwo Kwibuka, Walk to Remember, ariko rwasubitse kubera imvura.

Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente ni umwe mu bayobozi bakuru b’igihugu, hamwe n’intumwa mpuzamahanga bifatanyije n’ibihumbi by’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda mu mugoroba wo kwibuka.

Perezida wa Ibuka, Dr Gakwenzire Philbert, yasabye urubyiruko kwirinda abantu bafite inyungu zabo bwite, bagoreka amateka y’u Rwanda.

Ati “Kwibuka ni inkingi ikomeye y’ubumwe bw’abanyarwanda. Abavuga ko bibangamira ubumwe bafite umugambi wo gupfobya, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no kudusubiza inyuma. Ni abo kwamaganwa.”

Yavuze ko abandi bakwiriye kwamaganwa, ari abiyita ko ari ijwi ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe bizwi neza ko ari “ingayi zahisemo gutatira igihango cy’ubuzima no kudashyigikira amahitamo meza leta y’ubumwe bw’abanyarwanda yagize kuva yajyaho kugeza ubu”.

Yavuze ko abo bantu bashyize imbere inyungu zabo bwite zidafite aho zihuriye n’iz’igihugu cyangwa se abarokotse Jenoside.

Gakwenzire yavuze ko uwarokotse Jenoside wese azirikana ijambo yabwiwe n’Inkotanyi rigira riti “humura ntugipfuye”.

Mu bikibangamiye ubumwe bw’abanyarwanda, ni ingengabitekerezo ya Jenoside. Gakwenzire yavuze ko abo igaragayeho, bakwiriye guhanwa by’intangarugero.

Ati “ Twifuza ko abo igaragayeho bahanwa by’intangarugero kandi bagahanirwa ahakorewe ibyaha kugira ngo bibere isomo abaturage […] icy’ingenzi kurusha ibindi ni uko inzego zitandukanye […] zikwiriye guhuza amaboko zigakumira iyo ngengabitekerezo binyuze mu mashuri.”

IBUKA yagaragaje ko ihangayikishijwe n’imvugo y’urwango n’ubwicanyi bigaragara mu karere u Rwanda ruherereyemo. Ati “Mu gihe IBUKA idahwema kwamagana ubwo bugome, umuryango mpuzamahanga ukwiriye gufata ingamba zihamye zo kubihagarika.”

Yasabye abarokotse Jenoside gukomera, anashimira igihugu kidahwema kubaba hafi no kubafata mu mugongo.

Muri uyu muhango, hanacanwe urumuri rwo kwibuka rwihariye, ku nzibutso enye, zirimo urwa Nyamata, Bisesero, Murambi na Gisozi ziherutse gushyirwa mu murage w’Isi wa UNESCO.

Urumuri rw’icyizere rwacanywe kandi ku ngoro yitwa Qutab Minar iherereye i New Delhi mu Buhinde, Tour Eiffel i Paris, Amazon Monument iherereye i Cotonou muri Bénin, Monument de la Renaissance i Dakar muri Sénégal, Ibiro bya Banki y’Ubucuruzi ya Ethiopia biri i Addis Abeba, Monument y’ibidukikije izwi nka Biosphere iherereye i Montreal muri Canada no ku Biro by’Inteko Ishinga Amategeko muri Canada.

Ahandi ni ku Biro bya Minisitiri w’Intebe i Ottawa muri Canada, cathédrale ya Brasília muri Brésil isanzwe izwi nka Catedral Metropolitana Nossa Senhora Aparecida ndetse no ku kiraro cyitiriwe Alassane Ouattara muri Côte d’ivoire mu Mujyi wa Abidjan.

Monument de la Renaissance i Dakar muri Sénégal

Amazon monument i Cotonou muri Bénin

Ingoro ya  Qutab Minar iherereye i New Delhi mu Buhinde

Tour Eiffel  i Paris  mu bufaransa 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul April 8, 2024 April 8, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

CAN 2023: Abasifuzi bayoboye umukino wa Sénégal na Côte d’Ivoire bahawe ibihano

February 4, 2024
Imyidagaduro

Fine Media yashyize hanze indirimbo yahurijemo ibyamamare yise Abachou

January 28, 2023
Andi makuru

Perezida Mamadi Doumbouya yishimiye urugendo rwa Perezida Kagame muri gihugu cye .

May 15, 2024
Imikino

Inzara iravuza ubuhuha muri bakinnyi ba Rayons Sport na staff yabo

May 13, 2025
Iyobokamana

Liza Mugisha wakoreraga muzika ye muri Canada yagarutse mu Rwanda

December 6, 2023
Imikino

Héritier Luvumbu yafashije Rayon Sports gutsinda Gorilla FC

January 20, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?