SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Imbamutima za Niragire Marie France wishimira ibyo yagezeho nyuma y’imyaka 30 u Rwanda rwibohoye
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Imbamutima za Niragire Marie France wishimira ibyo yagezeho nyuma y’imyaka 30 u Rwanda rwibohoye
Imyidagaduro

Imbamutima za Niragire Marie France wishimira ibyo yagezeho nyuma y’imyaka 30 u Rwanda rwibohoye

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/08 at 10:46 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umukinnyi wa Filime Niragire Marie France wamenyekanye nka Sonia yatangije Televiziyo nshya izajya yibanda ku myidagaduro yitwa “Genesis” aba umugore wa mbere mu Rwanda ubikoze.

Marie France asanzwe azwi cyane mu ruganda rwa Sinema yashinze Televiziyo avuga ko igitekerezo cyabyo cyavuye n’ubundi muri uyu mwuga yamenyekaniyemo.

Ati “Nagize igitekerezo ubwo nari ntangiye kujya nkora filime zanjye niga ku isoko nzajya nzicuruzamo nsanga hari imbogamizi mpitamo gukora igitangazamakuru cyamfasha kigafasha n’abandi.”

Iyi Televiziyo yatangiye no kugaragara kuri Canal+ avuga ko yamutwaye amafaranga menshi kandi ko agikomeza kubaka bitewe nuko inzozi z’igitangazamakuru yifuza zitaruzuzwa.

Imikorere ya Genesis TV  yibanda ku rubyiruko, ku banyempano mu myidagaduro n’ibindi bijyanye nabyo birimo ubukerarugendo n’ikoranabuhanga.

Kuba abaye umugore wa mbere mu Rwanda ushinze Televiziyo ngo arabishimira Imana.

Ati “Ndashima lmana ndetse na leta y’u Rwanda ihora idushishikariza gukora twiteza imbere tugatinyuka gukora.”

Niragire yatangiye gukina filime mu 2008 kugeza ubu amaze kugaragara muri nyinshi zakunzwe. Yakuze yumva afite inzozi zo kuba umunyamakuru no gukora mu ndege. Aheruka kugaragara muri filime ye yitwa ‘Little Angels’ yubakiye ku buzima busanzwe bwa buri munsi yanagize uruhare mu ifatwa ry’amashusho yayo.

Yayikoze nyuma y’amahugurwa akomeye yahawe n’itsinda ry’abantu baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bijyanye n’uruganda rwa filime ndetse n’ikorwa rya filime kugeza ishyizwe ku isoko. Ni amahugurwa yahuriyemo n’Abanyarwanda n’abandi bo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika. Uyu mugore yanahuguwe n’ikigo Kwetu Film Institute n’ibindi bigo bifite aho bihuriye n’inganda ndangamuco.

Akunda kugira inama abagore by’umwihariko bacyitinya, abasaba kugaragaza ibibarimo kuko aribwo buryo bwiza bwo gutanga umusanzu mu kubaka ubukungu bw’igihugu. Ati “Nibatinyuke bakore burya ntabwo wahomba utashoye, nibakore nibiba bibi bigiremo bakore ibyiza ariko bakore ibyo bakunda kuko nibyo bizatuma bagera ku nzozi zabo.”

Marie France Niragire wamamaye ku izina rya Sonia yamenyekanye cyane muri Filime ’Inzozi’ ari naryo yitwaga muri iyo Filime.

Yegukanye igihembo cya Rwanda Movie Awards 2013. Yanakinnye muri Filime yitwa Anita, igice cya mbere.

 

Marie France nawe  ari muri barwiyeemzamirimo b’abari n’abategarugori bishimira ibyo bagezeho nyuma y’imyaka  30 u Rwanda  Rwibohoye aho  abona ko abari batakagombye  kwicar ngo barekere amaboko mu miguka kuko nabo ubwabo bashoboye gukora  imirimo yabateza  imbere .

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul March 8, 2024 March 8, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Abafana 5 ba APR FC bakomerekeye mu mpanuka berekeza muri Tanzania

August 15, 2024
Imikino

Nimureka gukoresha amarozi nzagaruka kuri Stade :Perezida Kagame

January 24, 2024
Imyidagaduro

Boys II Men bakiranywe urugwiro i Kigali

October 26, 2023
Ubukungu

Igiciro cya lisansi cyiyongereyeho 127 Frw/L

April 4, 2024
Imikino

Mukansanga Salima yahawe igihembo cya Forbes Woman Africa 2023

March 9, 2023
Andi makuru

Intumwa yihariye yungirije y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni yagiranye ibiganiro na Corneille Nanga wa AFC/M23

March 18, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?