SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Mako Nikoshwa nyuma y’imyaka atagaragara yongeye gukora mu nganzo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Mako Nikoshwa nyuma y’imyaka atagaragara yongeye gukora mu nganzo
Andi makuru

Mako Nikoshwa nyuma y’imyaka atagaragara yongeye gukora mu nganzo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/01 at 12:08 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umunyabigwi akaba umwe mu bahanzi bakunzwe cyane  hano mu Rwanda  mu ndirimbo nka Bonane ,Agaseko,Nkunda kuragira  ni zindi nyinshi zatumye amenyekana cyane  nyuma y’igihe kinini  atagaragara  mu kibuga  cy’umuziki yongeye gukora  mu nganzo ashyira hanze indirimbo ye nshya yise ‘Unyumve’

Uyu  muhanzi  nyuma y’imyaka  isaga itatu atagaragara mu muziki  yadutangarije byinshi ku mpamvu zari zaratumye atagaragara  mu muziki nkuko byari bisanzwe nawe  iyo muganira wumva yari inzira  igoranye cyane .

Yadutangarije ko imyaka itatu ishize yazitiwe cyane ‘n’ubushobozi budahagije’ mu gihe nashakaga gukora ibintu biri ku rwego rwiza’. Mako Nikoshwa anavuga ko imyaka itatu ishize yakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19 nk’abandi bose, ariko ko ntiyari yicaye ubusa kuko yakomeje guhanga ibihangano ‘kandi tugeze igihe cyo kubisohora’.

Uyu muhanzi yavuze ko imyaka itatu ishize atayisobanura nk’aho yari yavuyemo mu muziki, kuko ‘sinigeze mva mu muziki’. Avuga ko hamwe n’isoko ry’umuziki, yiyemeje gukora ibihangano byumvikana mu mpande zose z’isi, cyane cyane ibyubakiye ku mwimerere w’abanyarwanda.

Ati “Twatekerezaga gukora gakondo tukayihindura mu buryo buryoheye amatwi, mu buryo bugezweho, dukoresha ibikoresho bigezweho by’ubu ng’ubu, ariko dukoresha ibikoresho, tubishyira ku rwego rwiza. Izo rero n’izo ntego zacu, indirimbo zishobora kubyinwa mu tubyiniro, mbese nk’uko mwubyumva muri iyi nashyize hanze [Yayise ‘Unyumve’].”

Mako Nikoshwa ubu yasohoye amashusho y’indirimbo yise ‘Unyumve’ yanditse nyuma yo kubona ko hari abantu bajya mu rukundo babifata nk’imikino.

Yavuze ko urukundo atari ikintu cyo gukinisha, ahubwo iyo wakunze umuntu uba ugomba kumuharira umutima wawe wose.

Ati “Urwitwazo rw’umuntu uvuga ngo njyewe nta rukundo ngira, sibyo! Nta muntu utagira urukundo, ahubwo aho ruri aba atabihaye agaciro. Rero, byaba byiza ugakunda umuntu umwe wenyine, nibwo butumwa buri muri iyi ndirimbo.”

Uyu mugabo Yatangiriye umuziki muri Uganda mu mwaka wa 2004, amenyekana cyane binyuze mu ndirimbo zirimo n’izi ” Nkunda kuragira, ‘Nkutekerezaho’, ndetse n’izindi nyishi.

Mako Nikoshwa avuga ko yagiye mu muziki aherekeje umusore w’inshuti ye wavaga mu muryango w’abakire. Uwari waherekejwe kuririmba neza byaramunaniye bituma Mako Nikoshwa amufasha muri studio, birangira yinjiye mu muziki uko.

 

 

 

 

 

 

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul March 1, 2024 March 1, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Paul Kagame yageze i Seoul mu nama ya Korea-Africa Summit mu

June 2, 2024
Imikino

Gitego Arthur yasinyiye ikipe yo muri Mozambique

March 8, 2025
Imyidagaduro

Spice Diana yahishuye ko adafite gahunda yo kubyara vuba

March 27, 2025
Andi makuru

Ambasaderi Mukaruliza Monique yitabye Imana

March 31, 2024
Utuntu n'utundi

Ramaphosa yarahiriye kongera kuyobora Afurika y’Epfo

June 19, 2024
ImyidagaduroIyobokamana

Umuraperi Daddy Yankee yaretse umuziki usanzwe yiyegurira Imana

December 6, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?