SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umushoramari Nyagahene Eugene yakomoje aho yakuye igitekerezo cyo gushinga Radio 10
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umushoramari Nyagahene Eugene yakomoje aho yakuye igitekerezo cyo gushinga Radio 10
Andi makuru

Umushoramari Nyagahene Eugene yakomoje aho yakuye igitekerezo cyo gushinga Radio 10

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/29 at 8:45 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umushoramari Nyagahene Eugène washinze ikigo Tele10 gifite amashami arimo Radio 10 yahishuye uko Perezida Paul Kagame yamusabye gushinga igitangazamakuru mu myaka 20 ishize.

Radio 10 yatangiye gukora tariki ya 28 Gashyantare mu 2004, gusa ubwo hizihizwaga imyaka 20 ishize aya mateka ya radiyo yigenga ya mbere mu Rwanda rwa nyuma ya 1994 yanditswe, Nyagahene yasobanuye ko bitaturutse ku gitekerezo cye.

Uyu mushoramari yagize ati “Igitekerezo rero si icyanjye. Burya ngo ubwenge burarahurwa. Nagize amahirwe yo kuba ahantu hakwiye, mu gihe gikwiye. Twari mu nama yari iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ni we watanze icyo gitekerezo, abisaba abantu bari bicaye aho, ati ariko nta kuntu twashaka radiyo zigenga, zigatangira?”

Nyagahene yasobanuye ko Perezida Kagame yarebye aho yari yicaye, bijyanye n’uko yari afite ikigo cyacuruzaga ibikoresho bifite aho bihurira na televiziyo, Tele10, amusaba gushinga radiyo yigenga.

Ati “Ni bwo arebye aho nari nicaye, icyo gihe Tele10 yari yaratangiye, twagurishaga ibintu bya DSTV n’ibindi. Ati ‘Wadukoreye radiyo yigenga!’ Ndamubwira nti ‘Nyakubahwa niba mubinyemereye, icyo ni ikintu gito cyane kuri njyewe, mu mezi abiri iyo radiyo izaba yatangiye gukora’.”

Nyagahene yasobanuye ko igitangazamakuru cye cyagowe no kubona amasoko, aho cyahuriraga na radiyo y’igihugu bitewe n’uko yakirushaga imbaraga. Ati “Twahuriye ku masoko amwe, bakaturusha imbaraga, bakayatwara ariko ntibyaduciye imbaraga, twarakomeje kubana na bo uko bishobotse.”

Uyu mushoramari yatangaje ko ikindi cyamugoye ari uko hari ubwo igitangazamakuru cye cyazamuraga impano z’abanyamakuru, bamara kumenyekana radiyo y’igihugu ikabatwara.

Yagize ati “Nta n’uwabihisha, hari abanyamakuru benshi twajyaga dukoresha, bamara kumenyekana, ikinyamakuru cya Leta kikabatwara. Amazina murayazi no kundusha. Ni byo bintu tutagomba guhoramo, ahubwo tugomba kureba ko twubaka n’abandi, bakaza ari benshi. Abanyarwanda miliyoni 12, ntihabura abanyamakuru nibura 1000 baruta abandi.”

Nyagahene yasabye abanyamakuru basanzwe mu mwuga gutanga umusanzu mu kuzamura impano mu itangazamakuru, ku bufatanye n’amashuri makuru na za kaminuza byigisha amasomo aryerekeyeho kugira ngo bazibe icyuho cyagaragaye mu bihe byashize.

Nyuma y’imyaka igera ku 9, Nyagahene yashinze TV10, gusa asobanura ko ari icyemezo kitari cyoroshye kuko amafaranga yifashishije mu bikorwa by’iyi televiziyo ari hafi ya yose yavaga muri radiyo.

Ati “Mu myaka ya mbere, televiziyo yatwaye udufaranga duke twabaga muri radiyo kuko ikiguzi cyo gukoresha televiziyo kiri hejuru cyane. Ariko ntabwo byaduciye imbaraga. Iyo urebye ubu ngubu TV10 uko ihagaze, uko imeze, twagombye kubyishimira.”

Nyagahene ahamya ko ikinyamakuru cye kiza ku mwanya wa kabiri inyuma y’icy’igihugu, abishingira ku kuba kiri ku muyoboro w’ibigo bikomeye muri Afurika; DSTV, Canal+ na Azam.

Radio 10 yaguye inzira y’itangazamakuru mu Rwanda kuko nyuma yayo hakurikiyeho izindi radiyo zirimo Salus ishamikiye kuri Kaminuza y’u Rwanda, Flash FM, Contact FM, City Radio n’izindi.

Uyu mushoramari  ntago azwi  muri ibi gusa kuko yashoye n’imari no mu bijyanye n’amahoteli aho afite Cleo Lake Kivu Hotel iherereye  mu karere ka Karongi

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul February 29, 2024 February 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Ntituzahora twikorezwa ibibazo bya RDC kandi ntawuzaducecekesha :Perezida Kagame

February 8, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ya 37 ya AU muri Ethiopia

February 16, 2024
Andi makuru

RDF igiye gushinga Kaminuza ya Gisirikare (National Defense University)

May 14, 2024
Imyidagaduro

Itsinda rya ‘Diva ‘s Dance Group’ ryatumiwe mu birori byo kwizihiza umunsi w’abagore Muri Chillax Lounge

March 7, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yagize Jean Guy Afrika Umuyobozi mukuru wa RDB

January 13, 2025
Andi makuru

AFC/M23 batanze amasaha 48 yo kuba ingabo za FARDC ziri muri Goma kuba zarambitse intwaro hasi

January 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?