SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umunyarwandakazi Dj Alisha arakekwaho kuba kidobya mu rukundo rwa Zari na Shakib
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umunyarwandakazi Dj Alisha arakekwaho kuba kidobya mu rukundo rwa Zari na Shakib
Andi makuru

Umunyarwandakazi Dj Alisha arakekwaho kuba kidobya mu rukundo rwa Zari na Shakib

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/27 at 12:37 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Dj Alisha ufite inkomoko mu Rwanda, biravugwa ko ari we ntandaro yo gutandukana kwa Zari n’umugabo we Shakib Lutaaya.

Zari Hassan uri mu bagore bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, yahishuye ko yatandukanye by’igihe gito n’umugabo we Shakib Lutaaya, nyuma y’iminsi bivugwa ku mbuga nkoranyambaga.

Mu kiganiro na Millard Ayo, Zari yavuze ko Lutaaya yarakajwe cyane n’amashusho we na Diamond Platnumz wahoze ari umugabo we batambukije ku mbuga nkoranyambaga bafatanye ikiganza.

Ngo akimara kubona aya mashusho, yabwiye umugore we ko yamuteje ikimwaro kandi ko biteye inkeke kuba ataramumenyesheje mbere y’uko aya asakazwa. Kuva ubwo aba bombi ntibari kuvuga rumwe.

Yagize ati “Amashusho agisohoka nahise mbona ko biri buteze urusaku, nageze mu rugo Shakib atashye ambwira ko atishimiye ibyabaye, ambaza impamvu ntamubwiye kuko byamuteje ikimwaro.”

Uyu mugore avuga ko yemera ikosa ry’uko atamenyesheje umugabo we, ariko bari bamaze amezi make bafitanye ibibazo atifuje gushyira ku ka rubanda.

Nyuma yo gusabwa imbabazi ntanyurwe, hari amashusho yagiye hanze Lutaaya yishimanye na Dj Alisha w’Umunyarwandakazi, bari mu modoka, avugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga.

Aya mashusho yasamiwe hejuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, bavugaga ko aba bombi bashobora kuba basubiye mu rukundo nyuma y’imyaka myinshi batandukanye.

Zari yavuze ko abizi neza ko aya mashusho ari aya kera, kandi ko uyu mugabo we ari we wayasakaje ku bakoresha imbuga nkoranyambaga kubera uburakari.

Yavuze ko yashakaga kumwereka ko niba yishimanye na Diamond Platnumz bahoze bakundana, na we yakwishimana n’uwo bahoze bakundana Zari ataraza mu buzima bwe.

Nyuma y’iki kiganiro, abakoresha imbuga nkoranyambaga bashinje Zari gukinisha umutima w’umugabo wamushatse, bakavuga ko abeshya ko atarakajwe n’amashusho ya Lutaaya na Dj Alisha kandi ariyo ntandaro yo gutandukana kwabo.

Uretse kuba aba bombi batakibana mu nzu imwe, nta n’umwe ugikurikira undi ku rubuga rwa Instagram, ndetse buri umwe yasibye amafoto ari kumwe n’undi.

Zari Hassan na Shakib Lutaaya batandukanye nyuma y’amezi ane bakoze ubukwe bw’ibanga, bwashibutse mu mubano w’imyaka isaga ibiri.

 

 

 

You Might Also Like

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Uganda : Ingabo za UPDF zaburijemo igitero cy’iterabwoba I Munyonyo hagwa babiri

Martin Fayulu udacana uwaka na Tshisekedi biyemeje gufatanya kurwanya Joseph Kabila

I Kigali hateraniye inama itegura ibikorwa by’ingabo za EAC biteza imbere abaturage

RIB yasabye abanyarwanda kwirinda ababashukisha akazi keza mu mahanga bizezwa ubuzima bwiza

Nsanzabera Jean Paul February 27, 2024 February 27, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

RIB yerekanye Musabyimana Theophile ushinjwa kwihesha imitungo y’abandi

December 23, 2024
Ubukungu

Airtel Rwanda yatangije ikoranabuhaga rya e-SIM mu Rwanda

June 19, 2023
Andi makuru

Imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC irakomeje muri Kibumba

February 8, 2024
Imikino

Ikipe ya Bugesera yatandukanye n’umutoza Eric Nshimiyimana

November 14, 2023
Imikino

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

May 25, 2025
Andi makuru

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 21 cy’impunzi n’abimukira 137 baturutse muri Libya

April 24, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?