SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Nyuma yo kweguka ikamba rya Nyampinga w’Ububiligi Keza Joannah ba nyampinga bo mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi ye
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Nyuma yo kweguka ikamba rya Nyampinga w’Ububiligi Keza Joannah ba nyampinga bo mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi ye
Imyidagaduro

Nyuma yo kweguka ikamba rya Nyampinga w’Ububiligi Keza Joannah ba nyampinga bo mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi ye

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/26 at 1:29 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016 yagaragaje ko yishimiye intambwe Kenza Joannah yateye yo kwegukana ikamba rya Miss Belgium 2024, agaragaza ko ari ikintu cyo kwishimira ku banyarwanda bose, ibintu ahurizaho n’abarimo Miss Nishimwe Naomie.

Inkuru ikomeje kugarukwaho cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda ni iya Keza Joannah ufite inkomoko mu Rwanda wabaye Miss Belgium 2024. Kenza avuka kuri Mama we w’umunyarwandakazi nubwo yavukiye akanakurira mu Bubiligi.

Uyu mukobwa wambitswe ikamba rya Miss Belgium 2024 mu birori byabaye mu ijoro ryo kuwa 24/02/2024, avuga ko afite u Rwanda ku mutima. Yarusuye kenshi kuva mu bwana bwe, ndetse buri myaka 2 arahagera.

Mu butumwa Miss Mutesi Jolly yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze yagize ati:” Tubarase amashimwe umwiza, Kenza Joannah ukomoka mu Rwanda wambitswe ikamba rya Miss Belgium 2024. Rwanda ruganze mu Isi. Umunyarwanda akomeze aganze. Turi abanyarwanda.”

Kenza Joanah wabaye Nyampinga w’u Bubiligi 2024, avuka kuri nyina w’umunyarwandakazi, ibintu byashimishije abanyarwanda b’ingeri zitandukanye

Kenza Joanna Ameloot w’imyaka 21 avuga ko yahisemo kwinjira mu marushanwa y’ubwiza kubera ko yumvaga ko akuze kandi yamaze kumenya icyo yifuza kugeraho.

Agaragaza ko yishimira kuba afite inkomoko mu Rwanda ko adashobora kwibagirwa igice cyo kuba Umunyarwanda. Avuga kandi ko ari inshuti ya hafi ya Miss Nishimwe Naomie wanamushyigikiye mu rugendo rwe rw’amarushanwa y’ubwiza kugeza yegukanye ikamba.

Miss Naomie wabaye Miss Rwanda 2020 yagaragaje ko ari iby’igiciro gikomeye kuba Kenza yegukanye ikamba rya Miss Belgium 2024, amurata amashimwe.

Umushinga Kenza yaserukanye mu irushanwa ni uwo gufasha abana kubona uburezi bwiza, kubafasha kubona imfashanyigisho, abarimu bazobereye no kubafasha mu bibazo birebana n’ibyiyumviro cyane ko hari abo usanga barihebye.

Kenza yagaragaje mu bihe bitandukanye ko anyurwa n’ibikorwa bya Miss Nishimwe Naomie

Kenza yavuze ko uyu mushinga we azawukorera mu Bubiligi no mu Rwanda nk’ibihugu bimuhora ku mutima.

Mu bihe bitandukanye Kenza yumvikanye agaruka ku Rwanda asura kenshi gashoboka akamara igihe kwa sekuru na nyirakuru ubyara mama we witwa Gakire Joselyne.

Mu byo atajya yibagirwa ni ukuntu iyo yahaje, abantu bishimira kuba hari amagambo azi mu Kinyarwanda yumva ku rwego ruri hejuru nubwo kukivuga atari neza cyane indyo zirimo isombe, imineke n’amatunda byo mu Rwanda, abikunda cyane.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul February 26, 2024 February 26, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

#Kwibuka31 : Itsinda rya Traffic rigizwe na Semuhungu Eric,Mc Nario,Dj Caspi basabye urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga kurwanya Abapfobya Jenoside

April 10, 2025
TV Series

Ukraine igiye gukurikirana abateguye kamarampaka zo kwiyomeka ku Burusiya

January 30, 2019
Andi makuru

Perezida Kagame yagize Maj Gen Alex Kagame Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, naho Maj Gen Andrew Kagame agirwa Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere

October 15, 2024
Imyidagaduro

Dir AB Godwin yashinze ishuri ryigisha indimi na Mudasobwa

June 21, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Zahara wo muri afurika y’epfo yitabye Imana ku myaka 36

December 12, 2023
Imyidagaduro

Bebe Cool yahishuye agahinda yatewe no kumara amezi 8 atari kumwe n’umugore we Zuena

February 28, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?