SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Dani Alves yakatiwe gufungwa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Dani Alves yakatiwe gufungwa
Imikino

Dani Alves yakatiwe gufungwa

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/02/22 at 10:49 AM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

Dani Alves wakiniye amakipe arimo FC Barcelone na Paris Saint-Germain, yakatiwe imyaka ine n’amezi atandatu nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina.

 

Kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Gashyantare 2024, ni bwo uyu Munya-Brésil yagejejweho imyanzuro y’inteko iburanisha yo muri Espagne, aho yakoreye icyaha ashinjwa.

Uru ni urubanza rwamaze iminsi itatu, aho ku munsi wa mbere humviswe abatangabuhamya barimo mubyara ndetse n’inshuti b’umukobwa uvuga ko yafashwe ku ngufu.

Aba bavuze ko mbere y’uko Alves ajya guhohotera mugenzi wabo, yabanje kubakorakora bose kugeza ubwo avanyemo umwe muri bo akamujyana mu bwiherero.

 

Ushinja Alves yongeye gushimangira ko mu ijoro rya tariki 30 ishyira 31 Ukuboza 2022, bari mu bwiherero bw’akabyiniro ka Sutton i Barcelone, by’umwihariko mu gice cy’abanyacyubahiro ‘VIP Section’, uyu mukinnyi yamukoresheje imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Abandi batanze ubuhamya muri uru rubanza barimo n’umugore wa Dani Alves, byavuzwe ko yamaze kwaka gatanya n’umugabo we.

Uyu mugabo w’imyaka 40 mbere wari wahakanye ibyaha byose aregwa ndetse n’umunyamategeko we Cristóbal Martell Pérez-Alcalde akerekana ko amashusho yatanzwe atagaragaza umukiliya we akora ibyaha aregwa, yemeye ko yakoranye imibonano mpuzabitsina n’uwo mukobwa ariko ko bombi bari bamaze kubyumvikanaho.

 

Inteko iburanisha yagaragaje ko usibye ubuhamya bwatanzwe, hari n’ibimenyetso bigaragara byerekana ko uwatanze ikirego yakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku gahato bityo uyu mugabo agomba gufungwa imyaka ine n’amezi atandatu.

Alves yakiniye FC Barcelona kuva mu 2008 kugeza 2016, ariko aza kuyisubiramo mu 2021/2022. Uyu mugabo kandi ni we mukinnyi wa kabiri wahamagawe inshuro nyinshi mu ikipe y’Igihugu ya Brésil.

Dani Alves ushinjwa guhohotera umugore yakatiwe imyaka ine n’amezi atandatu

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Muhire Jimmy February 22, 2024 February 22, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Yemi Alade yahaye gasopo umufana wamugereranyije na Tiwa Savage,

January 15, 2024
Imikino

Gisubizo Merci wa APR Volleball yasabye imbabazi umutoza

November 20, 2023
Andi makuru

M23 yafashe umujyi wa Walikale nyuma y’imirwano itoroshye

March 20, 2025
Andi makuruIyobokamana

K2 yateguye igitaramo Tujyane Mwami yijeje abazitabira ko bazanyurwa n’ubutumwa bwiza bazahumvira

September 21, 2023
Imyidagaduro

Dj Sonia ukiri mu gahinda ko kubura musaza we yitandukanyije nabari kumuharabika ku mbuga nkoranyambaga

April 5, 2024
Andi makuru

Abantu 1350 muri Palestine bamaze gupfa nyuma y’ibitero bikomeye bya Israel

October 12, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?