SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Igikomangoma Harry agiye gusubira ibwami kubera uburwayi bwa se
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Igikomangoma Harry agiye gusubira ibwami kubera uburwayi bwa se
Andi makuru

Igikomangoma Harry agiye gusubira ibwami kubera uburwayi bwa se

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/19 at 11:46 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Hashize igihe kitari gito Igikomangoma Harry cy’u Bwongereza kitabanye neza n’umuryango w’i Bwami byanatumye yegura ku nshingano ze akajya kwibera muri Amerika. Kuri ubu byatangajwe ko agiye kuhasubira ku mpamvu z’uburwayi bwa Se akaba n’Umwami Charles III uherutse gutangaza ko arwaye kanseri.

Nyuma y’imyaka 3 n’igice Prince Harry ateye umugongo umuryango w’i Bwami batabanye neza, akegura ku nshingano ze ndetse akanajyana n’umugore we Meghan Markle hamwe n’abana babo kuba muri Amerika, bigakurikirwa n’intambara y’amagambo hagati yabo.

Umubano wa Prince Harry n’umuryango we wakomeje kuzamo agatotsi bigeza nubwo asohoye igitabo yise ‘Spare’ amenamo amabanga y’i Bwami bikanarakaza cyane umuvandimwe we Prince William bivugwa ko ari nawe nyirabayazana w’umwuka mubi hagati yabo.

Mu makuru ari kuvugwa mu Bwongereza kugeza ubu, ni agaruka ku kuba Prince Harry agiye kugaruka kuba i Bwami hafi ya Se urembejwe n’indwara ya kanseri.

Daily Mail yatangaje ko mu Cyumweru gishize aribwo Harry yaje gusura Umwami Charles III ndetse akanahura n’abandi banyamuryango barimo Queen Camilla.

Prince Harry aherutse gusura Umwami Charles III urwaye, asabwa ko yagaruka i Bwami

Mu itangazo ry’i Bwami ryaturutse mu ngoro ya Buckingham Palace, ryavuze ko mu masaha arenga ane Prince Harry yamaranye na Se n’abandi banyamuryango, babashije kumusaba ko yagaruka iwabo muri ibi bihe Se arwaye. Bakabihuza kandi no kuba Prince William yatangiye gutozwa gufata zimwe mu nshingano z’Umwami mu gihe arwaye akaba ariwe uri kuzikora.

Iri tangazo kandi ryavugaga ko mu rwego rwo kwitegura icyaba cyose ku Mwami cyerekeranye n’ubuzima bwe, abana be bose bagomba kuba bari mu nshingano zabo yabahaye bityo na Prince Harry akaba yarasabwe kugaruka kuba umuyobozi  wa Sussex, intara iri mu majyepfo y’u Bwongereza dore ko no mu mazina y’i Bwami yahawe akivuka  yitiriwe aka gace.

Ikinyamakuru The Independent UK, cyatangaje ko uretse kuba Harry agiye gusubira ku nshingano ze i Bwami kubera uburwayi bwa Se, ahubwo ko no kuhasubira akaniyunga na Prince William biri mu byo Umwami Charles III yifuzaga mbere y’uko arwara kanseri.

Kuva Umwamikazi Elizabeth II yatanga, Se yagerageje kunga aba bahungu be biranga gusa ubu biravugwa ko baba bagiye kwiyunga kubera uburwayi bwe no kuba Harry yasabwe gusubirana inshingano ze.

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul February 19, 2024 February 19, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Tanzania (TFF) ryirukanye Umutoza .

January 20, 2024
Andi makuru

Umunyeshuri witwaje imbunda yishe batatu muri kaminuza ya Rotterdam

September 29, 2023
Imikino

Amavubi yazamutseho imyanya irindwi ku rutonde rwa FIFA!

November 30, 2023
Ubukungu

Abagore bahize abandi mu bucurunzi n’ubucuruzi bahembwe mu bihembo bya Rwanda Women in Business Awards(Amafoto)

March 22, 2024
Imyidagaduro

Amahoteli n’utubari byashyizwe igorora mu minsi mikuru

December 10, 2024
Andi makuru

Sheebah Karungi yageze i kigali aho aje kwitabira igitaramo cya The Keza Camp Out Experience

August 14, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?