SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida wa FIFA yashyize umucyo ku irondaruhu muri ruhago
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida wa FIFA yashyize umucyo ku irondaruhu muri ruhago
Andi makuru

Perezida wa FIFA yashyize umucyo ku irondaruhu muri ruhago

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/02/09 at 8:44 AM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), Gianni Infantino yavuze ko mu mezi atatu ibikorwa by’irondaruhu biri muri ruhago bigomba kuba byashyizweho akadomo, bitewe n’ibihano bikakaye biri gushyirwaho.

 

Ibi yabitangarije mu Nteko Rusange y’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago i Burayi (UEFA) yateranye ku wa 8 Gashyantare 2024, i Paris mu Bufaransa.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi Nteko Rusange yabaga ku nshuro ya 48, yavuze ko mu nama ya FIFA izateranira mu Thailand muri Gicurasi uyu mwaka, igomba kugera hari imyanzuro yafatiwe ibi bikorwa bidakwiriye muri Ruhago.

Ati “Mu mezi make ashize twabonye ibimenyetso bigaragaza ko irondaruhu rikabije. Ntituzabyemera ukundi, tugomba kubihagarika kandi tugakora ibishoboka byose ngo tubigereho. Irondaruhu ni icyaha. Ni ibintu bibabaje cyane ku buryo tugomba kubihanagura.”

“Mu mezi atatu ari imbere tugomba kuba twashyize hamwe. Mbere y’inama ya FIFA izateranira i Bangkok tariki ya 17 Gicurasi, hari imbaraga tuzaba twashyizemo, twese hamwe tukarwanya ibikorwa by’irondaruhu.”

Infantino yongeyeho kandi ko ashyigikiye ko ahazajya hagaragara irondaruhu runaka, umusifuzi azajya ahita ahagarika umukino.

 

Nyuma y’ibyo hagomba kujyaho ibihano birimo gukurwaho amanota ku ikipe byagaragayeho, gucibwa amande ndetse no gufatira ibihano byihariye abafana bakoze ibyo bikorwa bigayitse harimo no kwirukanwa burundu ku bibuga.

Ibi abitangaje nyuma y’iminsi hari abakinnyi bakorewe irondaruhu ku buryo bukomeye barimo Kasey Palmer wa Sheffield Wednesday, Vinicius Jr wa Real Madrid, Mike Maignan wa AC Milan, Ivan Toney wa Brentford n’abandi mu bihe bitandukanye.

Mu mpera z’icyumweru gishize kandi umugabo umwe yafunzwe azira gukorera ibi bikorwa Juninho Bacuna wa Birmingham ku mukino iyi kipe yatsinzwemo na West Brom igitego 1-0.

 

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yasabye ko mu mezi atatu irondaruhu rigomba kuba ryacitse muri ruhago burundu

You Might Also Like

Kigali : Umusore wo mu kigero cy’ imyaka 20 yiyahuriye ku nyubako izwi nko kwa Makuza ahita yitaba Imana

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yatanze impapuro zimwerera guhagararira u Rwanda muri Kenya

Canal+ Rwanda yashyize igorora abakiliya bayo ibaha Poromosiyo ya Umukiliya n’umwami

Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20

Perezida Kagame yasuye ishuri rikuru ry’’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano muri Algerie

Muhire Jimmy February 9, 2024 February 9, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Umusirikare wa FARDC yinjiye mu rusengero arasa abarimo umwana w’amezi 4 bahasiga ubuzima

May 13, 2025
Andi makuru

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye imurikwa ry’Igitabo Avant la Nuit cyanditswe n’umufaransakazi Maria Malagardis

March 31, 2025
Imyidagaduro

Liliane Mbabazi yahishuye impamvu yatumye atandukana na Radio

January 9, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Cheick Camara umuyobozi wa Service Now Africa

May 23, 2025
Imyidagaduro

Ibirori byo gusaba no gukwa bya Bahati wahoze muri Just Family byitabiriwe n’ibyamamare byinshi(Amafoto)

July 30, 2023
Imyidagaduro

Platini yashimangiye ko Big Fizzo na Eddy Kenzo bazitabira igitaramo cye

February 27, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?