SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Amafoto ya Perezida Andrzej Duda apfukamye imbere y’ishusho ya Bikira Mariya yazamuye imbamutima za benshi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > Amafoto ya Perezida Andrzej Duda apfukamye imbere y’ishusho ya Bikira Mariya yazamuye imbamutima za benshi
Iyobokamana

Amafoto ya Perezida Andrzej Duda apfukamye imbere y’ishusho ya Bikira Mariya yazamuye imbamutima za benshi

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2024/02/09 at 10:25 AM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda na Madamu we , Kuri uyu wa kane tariki ya Gashyantare 2024, yasuye ubutaka butagatifu i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, bwamenyekanye cyane kubera amabonekerwa ya Bikira Mariya

Yari aherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakirwa n’abayobozi batandukanye barimo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru ubu butaka Butagatifu bubarizwamo, Dr. Murwanashyaka Emmanuel.

Yanakiriwe kandi n’abayobozi muri Kiliziya Gatolika y’u Rwanda barimo Antoine Cardinal Kambanda na Musenyeri wa Diyosezi ya Gikongoro, Hakizimana Célestin.

Perezida  Andrzej Duda yasuye Ingoro ya Bikira Mariya y’i Kibeho, agera no mu ishuri ry’abafite ubumuga bwo kutabona ryashinzwe kandi rifashwa n’ababikira bo mu gihugu cye.

Yashengereye ishusho ya Bikira Mariya iri mu kiliziya, ibintu bidasanzwe bimenyerwe ku banyacyubahiro ndetse  byanatunguye benshi  cyane .

Kibeho yasuwe na Perezida Andrzej Duda ni kamwe mu duce tuzwi cyane ku Isi muri Kiliziya Gatolika bitewe n’amabonekerwa ya Bikira Mariya bareye muri aka gace.

Tariki ya 28 Ugushyingo 1981, ni bwo Bikira Mariya yabonekeye umukobwa wa mbere witwa Mumureke Alphonsine wigaga mu rwunge rw’amashuri rwa Mère du Verbe i Kibeho.

Nyuma y’umwaka umwe, Bikira Mariya yongeye kubonekera uwitwa Mukamazimpaka Anathalie, nyuma yongera kubonekera Mukangango Marie Claire na bo bigaga kuri iryo shuri.

Ibi bituma buri mwaka ubu butaka bwakira ababarirwa mu bihumbi bahakorera ingendo Nyobokamana.

 

  

You Might Also Like

Papa Leon XIV yakiriye Perezida Zelensky i Vatikani

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa

Cardinal Antoine Kambanda yerekeje i Vatican

Menya uko Papa atorwa iyo uwari uriho apfuye cyangwa yeguye

Wakibi Geoffrey February 9, 2024 February 9, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Utuntu n'utundi

Amafoto meza yaranze urugendo rwa Perezida Paul Kagame muri Koreya y’Epfo

June 5, 2024
Imikino

CECAFA U18: Amavubi yatsinzwe na Kenya

November 28, 2023
Ikoranabuhanga

Airtel yatangije icyumweru cyahariwe kwita ku bakiliya bayo,

October 7, 2024
Andi makuru

APR FC izahura na Rayon Sport ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro nyuma yo gutsinda Police Fc (Amafoto)

April 30, 2025
Imikino

Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Mohamed Wade!

January 14, 2024
Andi makuru

Diamond yagarutse i Kigali

August 13, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?