SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Mukazayire Nelly wo muri RDB mu bihumbi byabitabiriye ibirori bya Grammy Awards 2024
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Mukazayire Nelly wo muri RDB mu bihumbi byabitabiriye ibirori bya Grammy Awards 2024
Imyidagaduro

Mukazayire Nelly wo muri RDB mu bihumbi byabitabiriye ibirori bya Grammy Awards 2024

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/06 at 12:34 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, Mukazayire Nelly ari mu bitabiriye ibirori by’itangwa ry’ibihembo bya Grammy, byabereye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

RDB ibinyujije kuri X, yavuze ko uyu muyobozi yari mu bihumbi by’abantu bari bakoraniye muri Crypto Arena, bitabiriye itangwa ry’ibi bihembo byatanzwe mu rukerera rwo ku wa Mbere tariki 5 Gashyantare 2024.

Mu butumwa RDB, yatanze yavuze ko uretse kwitabira, Mukazayire Nelly yagiranye ibiganiro na Panos Andreas Pana, Perezida wa The Recording Academy itegura ikanatanga ibi bihembo, ndetse n’abandi barimo abayobozi baturutse muri Afurika y’Epfo na Kenya.

Aba bagiranye ibiganiro byagarutse ku guteza imbere, imyidagaduro ku Mugabane wa Afurika utuwe ahanini n’urubyiruko, binyuze mu muziki n’ubuhanzi.

Mukazayire Nelly yatangaje ko uruganda rw’imyidagaduro ari ingenzi cyane, mu kuzamura no gutyaza impano, kurema imirimo n’izamuka ry’ubukungu.

Ati “Uruganda rw’imyidagaduro ni ingenzi cyane mu kuzamura impano, kurema imirimo, bikagira uruhare mu izamuka ry’ubukungu. Niteze imikoranire ishikamye na Recording Academy.”

Uyu muyobozi agiranye ibiganiro na The Recording Academy, nyuma y’uko mu 2022 Umuyobozi Mukuru wa Grammy Awards, Harvey Mason Jr, yari i Kigali aho yari yitabiriye itangwa ry’ibihembo bya GUBA (Grow, Unite, Build Africa).

Mu 2022 kandi Mbabazi Rosemary wari Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco yagiranye ibiganiro na Harvey Mason, Jr, bigamije ubufatanye mu guteza imbere uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul February 6, 2024 February 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

HANDBALL : Police HC yanyagiye Evergreen HC yo muri Uganda mu mukino wa kabiri!

December 5, 2023
Imikino

Namungo FC yasinyishije Kagere Meddie.

January 16, 2024
Imikino

Hamenyekanye amakipe agiye guhatana mu irushanwa ry’Umusoreshwa 2023

November 8, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yitabiriye Inama Muri Cuba

September 15, 2023
Imyidagaduro

Ariel Wayz yifurije Juno Kizingenza isabukuru nziza mi magambo aryoheye amatwi

November 23, 2023
Andi makuru

Javanix yahuje imbaraga na Theo Bosebabireba bakorana indirimbo bise Nzakagendana (Video)

July 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?