SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Menya byinshi kuri Stiff Person Syndrome indwara imereye nabi Celine Dion
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Menya byinshi kuri Stiff Person Syndrome indwara imereye nabi Celine Dion
Imyidagaduro

Menya byinshi kuri Stiff Person Syndrome indwara imereye nabi Celine Dion

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/02 at 10:22 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umuhanzikazi wamamaye ku isi Celine Dion , amaze igihe kitari gito arwaye indwara idafite umuti ndetse n’urukingo nk’uko byemejwe n’uwayikozeho ubushakashatsi.Nyuma yo gufatwa n’iyi ndwara Celine Dion yaharitse ibitaramo byose yari afite maze ajya kwitabwaho anisegura kubafana be.

 Ubusanzwe iyi ndwara arwaye ifata umuntu mu mitsi no mu bwonko igatangira kugaragara mu rutirigongo rw’uyirwaye.Iyi ndwara kandi yangiza imiterere y’umubiri y’uyirwaye , ikangiza umugongo inyuze mu rutirigongo, ndetse ikagera no mu bindi bice by’umubiri.N’ubwo ifata gutyo ariko ubusanzwe yitwa ngo ‘Stiff Person Syndrome’.Iyi niyo yatumye ahagarika ibitaramo bizenguruka Isi yari afite.

Mu mashusho yashyizwe hanze anyuze kuri konti ye ya Instagram, yagaragaje ko ari mu buribwe bwa ‘Spasms’ , byanatumye atakaza ubushobozi bwo kugenda no kuririmba.Muri aya amashusho uyu muhanzikazi yagize ati:” Nk’uko mubizi nta kintu na kimwe nigeze mbahisha , kuko nahoze mbabwira buri kimwe , gusa ntabwo mu minsi yashize nari niteguye  kugira ngo icyo mbabwira aruko ubu nditeguye.

 Mu by’ukuri, maze igihe mpanganye n’ibibazo by’ubuzima bwanjye kandi ni igihe kirekire, byarankomereye cyane guhangana kugira ngo nshobore guhangana nabyo byose ndetse ngo mbashe no kuvuga buri kimwe kitagenda mu buzima bwanjye.Rero ukuri ni uko mu minsi yashize bansanzemo indwara ifata mu mitsi cyane yitwa ‘Stiff Person Syndrome (SPS) , Ubwo twari tukiri kwiga kuriyo rero ni nabwo namenye ko ariyo yanteye uburibwe bwose mazemo igihe (Spasms) kandi bwafashe kuri buri gice cy’ubuzima bwanjye.Iyo ndimo kugenda ndababara , ntabwo mbasha kuririmba kubera ijwi “.

Ikigo cyitwa National Organization for Rare Disorders (NORD), cyagaragaje ko iyi ndwara Celine Dion rwaye (SPS), ifata umuntu umwe mu bantu Miliyoni , igafata abagore cyane kurenza abagabo kandi ikigaragaza mu gihe bagiye kugera muzabukuru.

 Mu by’ukuri ikintu gitera iyi ndwara ntabwo cyari cyamenyekana , gusa abahanga bamwe bemeza ko ikomoka ku yindi yitwa ‘autoimmune disorder’.

Iyo umuntu urwaye iyi ndwara arimo gusuzumwa hafatwa amaraso ye hakifashishwa n’ibindi bipimo.

Uyu muhanzikazi Celine Dion we yasobanuye ko kubana n’iyi ndwara ari ibintu bigoye cyane.Yagize ati:”Ndimo gukora cyane nkakorana n’umutoza wanjye usanzwe amafasha kugira ngo ndebe ko nagarura imbaraga n’ubushobozi bwo kongera kuririmba nanone, ariko icyo namaze kubona ni uko bikomeye”.

 Yakomeje agira ati:”Njye iyo ndimo gutarama , mbanifuza gutanga 100%, ariko ubungubu ntabwo biri kunkundira”.Celine Dion , ni umwe mu bahanzikazi bakora iyo bwabaga kugira ngo bashimishe abakunzi babo ari nayo mpamvu yabaye ahagaritse ibitaramo kugira ngo abanze yiyiteho.

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul February 2, 2024 January 31, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Polisi yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Abapolisi 154

November 11, 2024
Imikino

Hamenyekanye amakipe agiye guhatana mu irushanwa ry’Umusoreshwa 2023

November 8, 2023
Imyidagaduro

Shaddy Boo yabyinishije kidumu ku rubyiniro aravugishwa

May 8, 2023
Iyobokamana

Israel Mbonyi yageze I Kigali yishimira uko yakiriwe n’Abanyakenya

August 14, 2024
Imyidagaduro

Niyonizera Judith mu byishimo byinshi nyuma yo kwambikwa impeta n’umukunzi we(Amafoto)

September 15, 2023
Imyidagaduro

Kenny Sol wateguje EP ye nshya yahishuye uko yishimiye gukorana na Harmonize

June 28, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?