SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Filime igaragaramo umuhanzi Ngarambe François Xavier n’umugore we igiye gusohoka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Filime igaragaramo umuhanzi Ngarambe François Xavier n’umugore we igiye gusohoka
Imyidagaduro

Filime igaragaramo umuhanzi Ngarambe François Xavier n’umugore we igiye gusohoka

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/01/25 at 5:16 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Binyuze kuri Televiziyo y’u Rwanda, Willy Ndahiro uzwi muri sinema Nyarwanda agiye gutangira gushyira hanze filime ye nshya yise ‘Iryamukuru’ igaragaramo umuhanzi Ngarambe François Xavier n’umugore we.

Ni nyuma y’umwaka uyu mugabo akoze ‘season’ ya mbere y’iyi filime, icyakora atarabona aho kuyinyuza, kuri ubu akaba yamaze kumvikana na Televiziyo y’u Rwanda izatangira kuyerekana ku wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024 Saa Moya n’Igice z’ijoro.

Kugeza ubu uyu mugabo ahamya ko yamaze gutunganya ‘season’ ya mbere y’iyi filime icyakora akaba yaranatangiye gutegura ibikorwa byo gufata amashusho y’ibindi bice ku buryo yizeye ko abakurikira Televiziyo y’u Rwanda batazigera bicwa n’irungu.

Iryamukuru ni filime y’uruhererekane ivuga ku buzima bwa buri munsi bw’umuryango wa none.

Ndahiro yavuze ko yifuje gukora iyi filime nyuma yo kwitegereza uburyo muri iyi minsi ya none abashakanye batandukana hadateye kabiri kandi ugasanga bapfuye utuntu tw’amafuti.

Ni muri urwo rwego avuga ko yifuje gukora filime igaruka ku bibazo bibera mu ngo ku buryo byibuza yasiga hari ibyo yigishije muri sosiyete y’u Rwanda.

Ndahiro yavuze ko yahisemo gukoresha Ngarambe François Xavier n’umugore we muri iyi filime kuko ubutumwa yashyize muri filime ye bufite aho buhuriye n’umuryango kandi uwa Ngarambe ukaba icyitegererezo.

Ati “Umuryango wa Ngarambe ni icyitegererezo kuri njye, ni yo mpamvu natekereje kuba nakorana na we muri filime yanjye ‘Iryamukuru’ bityo akaba urugero rwiza rwo kwigisha abakiri bato.”

Usibye Ngarambe n’umugore we, iyi filime byitezwe ko izagaragaramo abakinnyi basanzwe bamenyerewe nka Natacha Ndahiro usanzwe ari mushiki wa Willy Ndahiro, Nicole Uwineza wubatse izina muri City maid, Daniel Gaga n’abandi benshi.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul January 25, 2024 January 25, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Ubujurire bwa Apôtre Yongwe bwatewe ishoti

December 4, 2023
Imyidagaduro

Twitege iki ku buhuza bwa Macron mu kibazo cy’u Rwanda na RDC?

October 1, 2021
Imyidagaduro

Zuchu uzaririmba mu gitaramo cya Move Afrika yasesekaye i Kigali

December 4, 2023
Andi makuru

Colonel Kazarama yasubiye muri M23

July 29, 2024
Imyidagaduro

The Ben yiyongereye mu ndirimbo Folomiana ya Kevin Kade na Chriss Eazy

April 24, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yitabiriye inama ihuza Arabie Saoudite na Afurika

November 10, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?