SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ikipe ya Addax SC yagaruye Bokota Ndjoku Labama
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Ikipe ya Addax SC yagaruye Bokota Ndjoku Labama
Imikino

Ikipe ya Addax SC yagaruye Bokota Ndjoku Labama

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/01/22 at 8:06 AM
Muhire Jimmy
Share
3 Min Read
SHARE

Nyuma yo kugira ibyo batumvikanaho ndetse akabwirwa ko amasezerano ye yaseshwe, umutoza wungirije wa Addax Sport Club, Bokota Ndjoku Labama, yagaruwe mu kazi n’umuyobozi w’iyi kipe, Mvukiyehe Juvénal.

Ubwo umwaka w’imiko wa  2023-2024 watangiraga , ni bwo Mvukiyehe Juvénal yaguze iyahoze yitwa Rugende FC, maze ayihindurira izina ayita Addax SC.

Uyu mugabo yahise yihutira gushakira iyi kipe abatoza aho yahise azana umutoza mukuru n’umwungiriza we, Bokota Ndjoku Labama uzwi nka Bogota Labama.

Bokota Labama akigera muri iyi kipe, bivugwa ko yahawe ibihumbi 200 Frw yiswe ayo kumufasha gutura hafi y’akazi (Installation). Uyu mutoza yahise yishyura amezi atatu y’inzu ku bihumbi 60 Frw ku kwezi, maze asigarana ibihumbi 20 Frw mu yo yahawe.

Ubuyobozi bw’ikipe bwasinyanye na Bokota amasezerano y’umwaka umwe w’imikino (Saison Sportive). Bisobanuye ko agomba gutoza uyu mwaka wose 2023-2024.

N’ubwo uyu mutoza wungirije n’umutoza mukuru basinye amasezerano y’akazi, ariko nta byangombwa byo gukorera mu Rwanda bigeze bashakirwa (Work Permit) ndetse kugeza ubu ntabyo barabona.

Amakuru ariko ava muri iyi  kipe  avuga ko Bokota yatumweho umutoza mukuru ngo amubwire ko ubuyobozi bubaye buhagaritse ibikubiye mu masezerano birimo umushahara ahubwo bazajya bakorera agahimbazamusyi ku mikino ikipe yatsinze gusa.

Bisobanuye ko umushahara wa Bokota wari uhagaritswe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko ubwo yasinyaga amasezerano, yasinye ayo kuzajya ahembwa ku kwezi.

Mvukiyehe yabwiye umutoza mukuru ngo abe ari we ujya kubisobanurira umwungiriza we, ngo kuko bari batarabona ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda (Work Permit).

Bokota yamusubije ko bidashoboka, ahubwo ko ikipe yagakwiye kuba ifasha abakozi ba yo kubona ibyo byangombwa.

Icyahise gikurikiraho, ni uko uyu mutoza wungirije yahise yandikirwa ibaruwa yo gusesa amasezerano abwirwa ko bitewe no kuba adafite ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda.

Yari yandikiwe ibaruwa isesa amasezerano

Kuva ubwo ikipe ya Addax SC yahise ihagarika ibyo Bokota yemerewe mu masezerano ye, birimo kumuhemba n’ibindi bijyanye n’ibikubiye mu masezerano ye.

Gusa nyuma yo kwandikirwa abwirwa ko amasezerano ye yaseshwe, ubuyobozi bwa Addax SC bwahise bwigarura buha uyu mutoza amafaranga yasabaga yo kujya kuzana icyangombwa cyerekana ko atigeze akatirwa n’Inkiko iwabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo kimufashe kubona ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda.

Uyu mutoza wanakiniye Amavubi n’andi makipe atandukanye mu Rwanda arimo Rayon Sports na APR FC, yerekeje iwabo kuzana ibyo bisabwa ndetse akazahita akomeza akazi ke nk’uko bisanzwe mu kipe ya Addax SC n’ubwo ubuyobozi bw’iyi kipe ntacyo burabivugaho.

Mvukiyehe Juvénal yahisemo kugumana na Bokota
Bokota ni umutoza wungirije muri Addax SC

 

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Muhire Jimmy January 22, 2024 January 22, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Mutesi Jolly arifuza kuzayobora ibirori bya Grammy Awards mu Rwanda

February 9, 2024
Andi makuru

Umusirikare wa FARDC yinjiye mu rusengero arasa abarimo umwana w’amezi 4 bahasiga ubuzima

May 13, 2025
Imyidagaduro

Confy yashyize hanze Indirimbo nshya nyuma y’igihe yaribasiwe n’indwara ya Vitiligo

February 24, 2025
Imyidagaduro

Pamella yifurije umugabo we The Ben isabukuru nziza amubwira amagambo aryoshye

January 9, 2024
Andi makuru

Jean-Pierre Bemba yikomye Joseph Kabila ko afasha umutwe wa Mobondo na M23

March 6, 2025
Imyidagaduro

Imbamutima za Fally Merci nyuma yo kwegukana Miliyoni 10 muri Youth Konnect

February 19, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?