SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: “Ibyo yavuze ntabwo ari byo” – Chairman wa APR FC Col Karasira Richard !
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > “Ibyo yavuze ntabwo ari byo” – Chairman wa APR FC Col Karasira Richard !
Imikino

“Ibyo yavuze ntabwo ari byo” – Chairman wa APR FC Col Karasira Richard !

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/01/15 at 7:52 AM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

 

Ubuyobozi bwa APR FC bwisubiyeho ku mwanzuro wari waratangajwe n’Umutoza w’Abanyezamu, Ndizeye Aimé Désiré ’Ndanda’, ko iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu itazasubira muri Mapinduzi Cup.

 

Ibi byatangarijwe itangazamakuru kuri iki Cyumweru, tariki ya 13 Mutarama 2024, ubwo abakinnyi n’abatoza bari bageze i Kigali bavuye muri Zanzibar, aho irushanwa ryabereye.

Nyuma y’umukino wa 1/2 cya Mapinduzi Cup, Mlandege FC yasezereyemo APR FC kuri penaliti 4-2, uruhande rwa APR FC rwagaragaje uburakari n’umujinya, rushinja abasifuzi kudakoresha ubutabera no guhengamira ku ikipe imwe.

Umutoza w’Abanyezamu ba APR FC, Ndizeye Aimé Désiré ’Ndanda’, woherejwe na bagenzi be ngo ajye kuganira n’itangazamakuru, yavuze akari ku mutima maze Televiziyo ya Azam imuca mu ijambo ihagarika ikiganiro imburagihe.

Ndanda wagaragaraga nk’ubabaye, yagize ati “Nta byinshi navuga, ngira ngo mwese umukino mwawubonye. Navuga ko abasifuzi bahengamiye ku ruhande rumwe. Ntabwo tuzagaruka muri iyi Mapinduzi Cup.”

Ibi byavugurujwe na Chairman wa APR FC, Col Karasira Richard, avuga ko amagambo yatangajwe n’Umutoza w’Abanyezamu nyuma yo gusezererwa na Mlandege FC muri 1/2 cya Mapinduzi Cup atari yo.

Yagize ati “Umwe mu batoza, Ndada, ibyo yavuze ntabwo ari byo. Twe tuzajyayo nibadutumira kuko ndategereza ibyo yavuze hari impamvu zabiteye cyane ko Umutoza Mukuru atari ameze neza ku buryo yaganiriza itangazamakuru. Ibyo bihura n’ibya Shaiboub.”

“Nanjye hari aho navuze ko ahantu hose hatameze nka Shyorongi. Ibyo byose rero mwabona aribyo byabiteye ariko Ndanda ni uburakari bwabimuteye.”

Col Karasira yongeyeho ko kuba ikipe itarageze ku mukino wa nyuma bidakuraho ko hari amasomo yizwe harimo kwitwara neza imbere y’amakipe akomeye muri Tanzania muri rusange ubuyobozi bushima umusaruro ikipe ikuyeyo.

Ni inshuro ya mbere APR FC yari yitabiriye Mapinduzi Cup, aho yasezerewe mu irushanwa muri 1/2. Mlandege FC yayikuyemo yahise yegukana n’iki Gikombe ndetse inafite igiheruka.

Ndizeye Aimé Désiré ’Ndanda’, wavuze ko ikipe itazasubira muri Mapinduzi Cup

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Muhire Jimmy January 15, 2024 January 15, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Dj Brianne yabatijwe mu itorero rya Elayono Pentecost Blessing Church,

June 9, 2024
Iyobokamana

#Kwibuka31 : Cardinal Kambanda yanenze amahanga ararikiye inyungu aho gukura isomo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

April 9, 2025
Imyidagaduro

Nasty C niwe uzaba umuhanzi mukuru mu gitaramo cya Davis D

October 14, 2024
Ubuzima

The Dr Alfred Paul Jahn Foundation has provided food and hygiene supplies to 170 families (Photos)

October 6, 2024
Andi makuru

#Kwibuka30 : Inshuti z’U Rwanda kw’isi hose zacanye urumuri rw’icyizere (Amafoto)

April 8, 2024
Imyidagaduro

Bimwe mu bikoresho byakoreshejwe muri Filime zakunzwe harimo na Titanic bigeye gutezwa cyamunara

October 3, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?