SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Swimming : Girimbabazi Pamela arifuza gukomeza kuyobora Federasiyo yo koga!
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Swimming : Girimbabazi Pamela arifuza gukomeza kuyobora Federasiyo yo koga!
Imikino

Swimming : Girimbabazi Pamela arifuza gukomeza kuyobora Federasiyo yo koga!

Muhire Jimmy
Last updated: 2023/12/27 at 3:42 PM
Muhire Jimmy
Share
3 Min Read
SHARE

 

Girimbabazi Pamela uyobora Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo Koga, yavuze ko afite ishyaka ryo gukomeza kuwuzamura ndetse yiteguye gukomeza kuyobora mu gihe yagirirwa icyizere n’abanyamuryango ibi abivuze mu gihe  habura iminsi 30 gusa ngo manda ye y’imyaka ine igere ku musozo .

 

Abanyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga  bakaba bemeje ko kuya 20 Mutarama 2024 aribwo hazaba indi nama idasanzwe iziga ku bijyanye n’amatora ya komite nyobozi nshya dore ko abayoboye uyu munsi bazasoza manda yabo ku wa 26 Mutarama 2024 nk’uko babigarutseho mu nama y’Inteko Rusange Isanzwe yabaye ku wa 23 Ukuboza 2023.

Ubwo yaganiraga  n’abanyamakuru, Girimbabazi Pamela yavuze ko hari ibyo yishimira bagezeho mu myaka ine ishize akurikije intego yinjiranye muri iri Shyirahamwe mu 2020.

“Ngendeye ku ho twasanze Federasiyo iri, habayeho intambwe igaragara. Nari mfite intego ko hazamurwa cyane abatoza n’ubumenyi bwabo, hazamurwa abasifuzi n’ubumenyi bwabo, iyo ibyo ubifite mu bijyanye na tekinike, n’ibindi bihita bizamukiraho.”Pamela

Yakomeje avuga ko  “Ikindi kigaragara navuga nishimiye ni uko abakinnyi bagarutse. Mbere habaga hari itsinda ry’abantu batarenze 30 baje mu irushanwa ry’igihugu ariko ubu haraza abarenze 150, bose bifuza koga ngo turebe abaduhagararira kandi ukabona ko bashoboye.”

Girimbabazi yatangaje kandi ko ibyo byose byamaze gukorwa kuko ubu abatoza bahuguwe ndetse hashyizweho komisiyo itegura amarushanwa na komisiyo y’abakinnyi.

Gusa, yashimangiye ko amakipe agikeneye ubushobozi kugira ngo abashe kwita ku bakinnyi bayabarizwamo.

Ku bijyanye no kuba yakongera kwiyamamariza kuyobora iri Shyirahamwe ryo Koga, Girimbabazi yavuze ko ibyo bizagenwa n’abanyamuryango kuko we agifite ishyaka ryo kuzamura umukino yakinnye.

Ati “Habaye hari ushoboye gukomerezaho byaba ari byiza, kuri njyewe mfite ishyaka ryo gukorera umukino nakinnye imyaka igeze ku 10, njya mu Mikino Olempike no mu marushanwa mpuzamahanga, nabonye aho abandi bageze nkavuga nti no mu Rwanda birashoboka.”

“Amahirwe y’iyi myaka navuga ngo ni ibiri kuko haje COVID-19, hari ibimaze kugaragara, abanyamuryango nibangirira icyizere nzakomeza nzamure umukino wo Koga.”

 

Twabibutsa ko Girimbabazi Rugabira Pamela yahagarariye igihugu mu Mikino Olempike ya Sydney 2000, Athènes 2004 na Beijing 2008.

Girimbabazi ayobora Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga kuva mu 2020 mu gihe manda ye izarangira ku wa 26 Mutarama 2024

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Muhire Jimmy December 27, 2023 December 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Volodymr Zelensky yemereye Amerika ibigo by’ingufu z’amashanyarazi bya Ukraine

March 20, 2025
Imyidagaduro

Teta Sandra agiye kwongera gutegura ibitaramo by’abambaye umweru I Kigali

May 23, 2023
Imyidagaduro

Umujyi wa Kigali watangaje ahazaturikirizwa ibishashi byo kwishimira umwaka mushya

December 30, 2024
Andi makuru

Raila Odinga yoherejwe muri Sudan y’Epfo nk’intumwa idasanzwe ya Kenya

March 28, 2025
ImikinoImyidagaduro

Jimmy Gatete yatangaje abakinnyi 11 b’ibihe byose kuri we ndetse n’ibyo akunda mu buzima

May 8, 2024
Imyidagaduro

#Kwibuka29: Bahati Grace yasabye Abanyarwanda kwita ku barokotse Jenoside

April 12, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?