SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: The Ben Yongeye gufatirwa n’Ikiniga imbere y’ikoraniro ry’abantu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > The Ben Yongeye gufatirwa n’Ikiniga imbere y’ikoraniro ry’abantu
ImyidagaduroIyobokamana

The Ben Yongeye gufatirwa n’Ikiniga imbere y’ikoraniro ry’abantu

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/11 at 8:46 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye mu muziki nka The Ben, yasutse amarira mu rusengero, ananirwa kuvuga ubwo yari kumwe na nyina n’abavandimwe barimo mushiki we na murumuna we.

Byari mu masengesho yabaye kuri iki Cyumweru tariki 10 Ukuboza 2023 muri Eglise Vivante isanzwe iyoborwa na nyirarume na The Ben witwa Edmond, aho The Ben n’umubyeyi we Esther Mbabazi ndetse n’abavandimwe be bari bagiye gushima Imana.

Umubyeyi wa The Ben yashimye Imana ko we yamuhaye agakiza, avuga ko amahoro meza atangwa nayo.

Ati “Njya nezezwa n’uko twahisemo neza. Niba hari ikintu kinezeza ni uko nahisemo, hari indirimbo twajyaga turirimba igira iti ‘amahoro meza atangwa na Yesu’. Nabonye munsi y’ijuru nta kindi kinezeza uretse Yesu. Ubwo buzima buranezeza.’’

The Ben yahawe umwanya muri uru rusengero, ashima Imana, agaragaza ko afite umunezero mwinshi mu mutima mu buryo budasanzwe.

Ati “Nejejwe no guhagarara imbere yanyu ndetse nanashima Imana. Ndumva nishimye cyane muranyihanganira ariko naririmba ku ndirimbo nise ‘Ndaje’ Mama akunda cyane[…] ndashima Imana gusa ngira ikibazo cy’amarangamutima ariko nkunda Imana kandi nzi ko umunsi umwe nzayikorera.’’

Uyu muhanzi yahise asuka amarira, ati “Nziko Imana yanshyize mu mwanya ndimo kandi igihe kimwe izankoresha gikomeye. Ndumva nabatumira mu bukwe mfite, sinshaka kuvuga byinshi. Ubukwe buzaba ku wa 15 ndetse na 23.’’

The Ben yahise amanuka ku ruhimbi ajya kwicara. Yaherukaga kugaragara arira ubwo yari ari mu gitaramo yari yatumiwemo mu Burundi.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Aline Gahongayire yijeje abo mu Bubiligi igitaramo cy’amashimwe

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Nsanzabera Jean Paul December 11, 2023 December 11, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Joe Biden yatumiye Donald Trump muri white house

November 11, 2024
Andi makuru

Perezida Joe Biden yatangiye urugendo rw’akazi muri Angola

December 1, 2024
Kwamamaza

Marchal Real Estate Developers yashyize igorora abakundana ku munsi wa St Valentin

February 7, 2025
Imyidagaduro

Kwibuka 29 : Bwiza yahaye umukoro urubyiruko wo kwiga no kumenya amateka yaranze u Rwanda muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

April 10, 2023
Iyobokamana

Feast and Praise Brunch igiye kuba bwa mbere muri Kigali

May 29, 2025
Imyidagaduro

Imbamutima za Massamba na Aline Gahongayire nyuma yo kugirwa b’Ambasaderi bo kumenyekanisha u Rwanda mu mahanga

December 4, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?