SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Cardi B na Offset iby’urukundo rwabo bikomeje kuba inshoberamahanga
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Cardi B na Offset iby’urukundo rwabo bikomeje kuba inshoberamahanga
Imyidagaduro

Cardi B na Offset iby’urukundo rwabo bikomeje kuba inshoberamahanga

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/05 at 12:12 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuryango w’Umuraperi Offset na Cardi B watangiye kuvugwamo urunturuntu, aho uri gukinira ibisa n’imikino y’injangwe n’imbeba ku mbuga nkoranyambaga.

Mu ijoro ryo ku Mbere tariki 4 Ukuboza 2023, Cardi B na Offset batunguye ababakurikira, buri umwe akura undi mu mubare w’abo akurikira ku rubuga rwa Instagram.

Cardi B na Offset bahagaritse gukurikirana kuri uru rubuga, bitera benshi gutekereza ko bashobora kuba bagiye kongera gutandukana, nkuko byagenze mu 2018.

Aba bombi bahagaritse gukurikirana nyuma y’umwanya muto basa nk’abari mu ntambara y’amagambo ku mbuga nkoranyambaga.

Cardi B ushinjwa gukongeza uyu mwuka mubi, yatangarije kuri Instagram, ko “ Rimwe na rimwe umuntu akura akarenga umubano arimo.”

Offset na we abinyujije kuri urwo rubuga, yaciye amarenga yo gusubiza umufasha we atambutsa amashusho yo muri Filime yakunzwe cyane yitwa “Scar Face” aho umukinnyi uyikina aba yicaye mu rukarabiro yashobewe avuga ko ntawo kwizera afite.

Cardi B nta guca ku ruhande , yahishuye ko arambiwe kurinda amarangamutima y’abandi bantu. Yavuze ko ashaka kongera kwiyitaho mbere yo kwita ku bandi.

Yagize ati “Ndambiwe kurinda amarangamutima y’abantu, ngomba kwishyira imbere.”

Si ubwa mbere aba bahanzi bagiranye ibibazo mu rukundo kuko no mu kwezi kwa Nzeri mu 2018, aba bombi batandukanye bapfa ko Offset yaciye inyuma Cardi B nyuma y’amezi make bibarutse imfura.

Aba bahanzi bari mu bafite amazina akomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no ku Isi muri rusange, bongeye gukozanyaho nyuma y’imyaka itandatu babana nk’umugore n’umugabo cyane ko batangiye kubana mu 2017.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul December 5, 2023 December 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bitunguranye Zari The Boss Lady yatumiye Tanasha Donna mu gitaramo azakorera I Kampala

December 11, 2023
Ikoranabuhanga

Menya Byinshi kuri Iphone 16 igiye gusohoka

September 11, 2024
Imyidagaduro

Knowless, King James na Melodie na Ally Soudy mu bahanzi bazagaragara kuri Alubumu “Yaraje ya Juno Kizigenza

June 7, 2023
Andi makuru

Abagize Komite z’abaturage mu kwicungira umutekano biyemeje kurwanya ibyaha bitaraba aho batuye

December 16, 2024
Imyidagaduro

Moses Turahirwa yagejejwe mu rukiko asaba ko yajyanwa kwa muganga wo mu mutwe

May 6, 2025
Imyidagaduro

Bruce Melodie yacanye umucyo ku rubyiniro hamwe na Shaggy muri Amerika

November 29, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?