SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: TMC wahoze muri Dream Boys ari i Kigali
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > TMC wahoze muri Dream Boys ari i Kigali
Imyidagaduro

TMC wahoze muri Dream Boys ari i Kigali

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/04 at 10:21 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Mujyanama Claude wamamaye nka TMC, umwe mu bahanzi bari bagize itsinda rya Dream Boys, ari kubarizwa i Kigali nyuma y’imyaka itatu yari amaze atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

TMC yageze i Kigali ku wa 3 Ukuboza 2023, amakuru ahamya ko ari mu Rwanda mu rugendo rw’igihe gito aho ari muri gahunda ze bwite zidafite aho zihuriye n’umuziki.

Mu kiganiro na Kalisa John uzwi nka K John umwe mu nshuti ze za hafi ari nawe washyize amafoto hanze  yatwemereye ko TMC ari mu Rwanda ariko nawe yirinda kugira byinshi atangaza ku rugendo rwe

Nta makuru menshi menshi arajya hanze  ku cyamuzanye i Kigali.

TMC yavuye mu Rwanda mu ntangiriro za 2020 nyuma yo kurangiza Icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters) mu byo gucunga no kugenzura imishinga.

Uyu muhanzi wageze muri Amerika yifuza kwiga ‘Doctorat’ yasanze bitoroshye, ahitamo gusubira mu Cyiciro cya gatatu cya Kaminuza.

Ubwo yabonaga ibyo yashakaga bidashobotse   yahisemo kujya  gukurikirana  ibijyanye na ‘Data Sciences’ muri ‘Eastern University’ iherereye muri Leta ya Pennsylvania.

Uyu muhanzi yamamaye mu itsinda rya Dream Boys, icyakora nyuma y’uko yerekeje muri Amerika ryabaye nk’irisenyutse Platini baririmbanaga atangira urugendo rwo gukora umuziki ku giti cye.

TMC kuva yakwerekeza muri Amerika, yakoze indirimbo yise ‘Uwantwaye’ yasohotse muri Mata 2021. Yari ikurikiye iyo yise ‘Ntega amatwi’ yasohoye mbere gato yo kuva mu Rwanda mu 2020.

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul December 4, 2023 December 4, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Brian Kagame yasoreje amasomo mw’ishuri mukuru we yizemo

December 13, 2024
Ubuzima

Minisiteri y’Ubuzima yashyizeho amabwiriza yo kwirinda Marburg kubakora ingendo

October 10, 2024
Andi makuru

#Kwibuka31: Intumwa yihariye ya Donald Trump yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

April 9, 2025
Andi makuru

Umusirikare wa FARDC yinjiye mu rusengero arasa abarimo umwana w’amezi 4 bahasiga ubuzima

May 13, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame na Madamu bakiriye mu rwuri rwabo Gen Doumbouya i Kibugabuga ( Amafoto)

May 3, 2025
Ubukungu

Airtel Rwanda yatangije ikoranabuhaga rya e-SIM mu Rwanda

June 19, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?