SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Shaggy na Bruce Melodie bagiranye ibiganiro muri Amerika
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Shaggy na Bruce Melodie bagiranye ibiganiro muri Amerika
Imyidagaduro

Shaggy na Bruce Melodie bagiranye ibiganiro muri Amerika

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/11/28 at 8:57 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Shaggy na Bruce Melodie baherutse gukorana indirimbo bise ’When she is around’ bahuye imbonankubone nyuma y’igihe bavugana kuri telefone ariko batarabonana amaso ku yandi.

Aba bahanzi bahuriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho Bruce Melodie ari yitabiriye ibitaramo agiye guhuriramo na Shaggy.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Bruce Melodie yavuze ko yishimiye guhura na Shaggy bakaganira ku mikoranire y’ahazaza.

Bruce Melodie aherutse kwerekeza muri Amerika aho agiye kuririmbana na Shaggy mu bitaramo bitegurwa na iHeart Radio.

Ibi bitaramo byiswe iHeartRadio Jingle Ball Tour bitegurwa ku bufatanye n’Ikigo cy’Imari cyitwa Capital One, bizatangira tariki 26 Ugushyingo 2023 kugera tariki 16 Ukuboza 2023.

Bruce Melodie azaririmba mu bitaramo bibiri birimo ikizabera Dickies Arena yakira abantu ibihumbi 14 mu Mujyi wa Dallas ku wa 28 Ugushyingo 2023; iki gitaramo kizaririmbamo Flo Rida, Shaggy, AleXa, Paul Russell, Big Time Rush, P1Harmony n’abandi.

Tariki 16 Ukuboza 2023, Shaggy na Melodie bazaririmba mu gitaramo kizabera Amerant Bank Arena yakira abasaga ibihumbi 20 mu Mujyi wa Miami. Ni igitaramo kizaririmbamo abahanzi nka Marshmello, AJR, Flo Rida, Ludacris, LANY, David Kushner, Kaliii na Paul Russell.

Ibi bitaramo bizagera mu mijyi 10 abahanzi bahanzwe amaso na benshi barimo Usher, Olivia Rodrigo, Nicki Minaj, SZA, Niall Horan, One Republic, AJR, Sabrina Carpenter, Flo Rida, Melanie Martinez, David Kushner.

Muri aba bahanzi Flo Rida ni we uzanyura mu mijyi myinshi aho igera kuri irindwi.

Usher azataramira Philadelphia na Detroit, Nicki Minaj azataramira Atlanta na Chicago, Olivia Rodrigo azataramira Los Angeles na New York.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul November 28, 2023 November 28, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Abagize Komite z’abaturage mu kwicungira umutekano biyemeje kurwanya ibyaha bitaraba aho batuye

December 16, 2024
Andi makuru

Bwiza na Chris Eazy batumiwe mu gitaramo cyiswe Liberation Day Rwanda muri Zambia

April 16, 2023
Imyidagaduro

Mukazayire Nelly wo muri RDB mu bihumbi byabitabiriye ibirori bya Grammy Awards 2024

February 6, 2024
Andi makuru

Abaturage 170 baguye mu gitero cy’Ubwiyahuzi muri Sudani

December 13, 2024
Imyidagaduro

Teta Sandra yashimiye umugabo we Weasel nyuma yo kumuha impano y’imodoka nshya

April 17, 2025
Andi makuru

Vivo Energy Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe ubuziranenge bw’ibikomoka kuri peterori kw’Isi (Amafoto)

November 18, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?