SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Nyuma y’imyaka ine Rwanda Day igiye kongera kubera muri Amerika
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Nyuma y’imyaka ine Rwanda Day igiye kongera kubera muri Amerika
Andi makuru

Nyuma y’imyaka ine Rwanda Day igiye kongera kubera muri Amerika

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/11/27 at 7:15 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Nyuma y’imyaka ine itaba kubera impamvu zitandukanye, Rwanda Day itaha izabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, i Washington DC mu Cyumweru cya mbere cya Gashyantare 2024.

Izaba iminsi ibiri nk’uko bisanzwe ku matariki ya 02-03 Gashyantare 2024.

Yaherukaga kuba mu 2019 mu Mujyi wa Bonn mu Budage ubwo yari yitabiriwe n’Abanyarwanda baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane w’u Burayi.

Ni umunsi umaze kumenyerwa nk’uhuza Abanyarwanda bo mu gihugu, ababa mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda, bagahuzwa n’intego imwe yo kuganira ku cyarushaho guteza imbere igihugu cyabo.

Yatangiye gutegurwa mu 2010 ndetse imaze kuba inshuro 10. Mbere y’uko ibera mu Budage, yari imaze kwitabirwa n’abantu basaga ibihumbi 35.

Imaze kubera mu mijyi irimo Bruxelles, Chicago, Paris, Boston, Londres, Toronto, Atlanta, Dallas, Amsterdam, San Francisco, Ghent na Bonn.

Ubwo yari muri Canada mu Ihuriro ry’Urubyiruko rwo muri Diaspora, Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika, Mathilde Mukantabana, yararitse Abanyarwanda kuzitabira uwo munsi udasanzwe uzaba umwaka utaka ari benshi.

Muri Rwanda Day iheruka, Perezida Kagame yatanze impanuro zitandukanye ku banyarwanda, abibutsa ko ari inshingano zabo gukunda igihugu, bakagitera ingabo mu bitugu kugira ngo kidahagarara mu rugendo rugana imbere.

Ati “Tugenda nk’indege, n’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo tukagenda. Hari n’iduturuka inyuma idusunika, ni mwebwe. Ni mwe musunika u Rwanda mwanga ko hari ikirubuza gukomeza.”

“Igikenewe ni uguhora twongera imbaraga zisunika indege yacu, twebwe, kugira ngo bitaba kugera aho tujya gusa, ahubwo tuhagere mu gihe gito.’’

Yavuze kandi ko abanenga Rwanda Day, ari abatazi igisobanuro cyayo. Ati “Ejo nahoze nsoma abantu bandika, mbese harimo no kunenga Rwanda Day. Ngo buriya ni Politiki yo kugerageza gushaka imbaraga mu Banyarwanda, kubikundishaho, ariko njye nshakisha ikinegu kirimo ndakibura, kubera ko njye nari nziko ari uko bigenda.”

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul November 27, 2023 November 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

APR BBC yatsinze umukino wa kabiri muri BAL

May 8, 2024
Andi makuru

BurikinaFaso yahaye amasaha 24 abadipolomate b’abafaransa yo kuba basohotse mu gihugu

April 18, 2024
Imikino

Kylian Mbappé yagizwe kapiteni w’ikipe y’igihugu y’Ubufaransa

March 21, 2023
Imyidagaduro

Urukiko rwo mu Bwongereza rwasabiye Chris Brown gufungwa Iminsi 30

May 17, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Qatar

February 12, 2025
Imyidagaduro

Gen Z Comedy Pastor P yakuriye inzira inkumi ko nta gahunda yo kurongora vuba afite

February 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?