SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Amafoto y’udushya twaranze ubukwe bwa Salongo na Joseline
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Amafoto y’udushya twaranze ubukwe bwa Salongo na Joseline
Andi makuru

Amafoto y’udushya twaranze ubukwe bwa Salongo na Joseline

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/11/14 at 4:30 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Rurangirwa Wilson benshi uzwi nka Salongo wamamaye ku mbuga nkoranyambaga, yasezeranye n’umugore we.

Ni ibirori byabereye muri Salle Polyvalente ya Paroisse Saint Pierre Cyahafi ku Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge.

Ni ubukwe bwatunguye benshi batiyumvishaga uko umugabo uvuga ko ari umupfumu agiye gusezerana imbere y’Imana asize imigenzo ye akoresha mu bupfumu.

Ni ubukwe bubaye nyuma y’umuhango wo gusaba no gukwa wabaye tariki 2 Nzeri 2023 asaba umugore we Muzirankoni Joseline bamaranye imyaka isaga 11 babana ndetse bafitanye abana babiri.

Muri ubu bukwe bwa Salongo hagaragaye ibyamamare batandukanye barimo Eric Senderi waririmbiye abageni, Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka “Ndimbati” muri Sinema Nyarwanda, Pasiteri Niyonzima Claude, n’abandi.

Basezeraniye kuri Salle Polyvalente ya Paroisse Saint Pierre Cyahafi ku Kimisagara, icyakora basezeranyijwe n’umudivantiste.

Indirimbo zacuranzwe ni izisanzwe zikoreshwa muri Kiliziya Gatolika mu birori nk’ibi by’ubukwe.

Ubusanzwe iyo abageni basezeranye, bimenyerewe ko impeta bambikwa ijya mu rutoki rwa kabiri uturutse ku gahera ku kiganza cy’ibumoso.

Impeta Salongo yambitswe n’umugore we yayishyize mu rutoki rw’agahera ku kiganza cy’ibumoso.
Nubwo hari mu rusengero, amagambo aba bageni bakoresheje bahana isezerano ryo kubana akaramata nayo yatunguye benshi
Hari aho bagize bati “Ndagusezeranya ko kubwo uyu mwishywa unyambikiye imbere y’abakurambere bacu, abakuru n’abato bariho, ntazagutenguha nkubabariza umutima. Imana y’i Rwanda n’ahandi yakire uyu mutima nkweguriye, ndi uwawe nawe ukaba uwanjye , kugeza dusoje.

Ikindi cyaranze ubu bukwe ni abasore bi bigango bagenda bahanagura inkweto ye, Imodoka  na moto by’agaciro bizatuma ubu bukwe butibagirana mu bukwe bwinshi bw’ibyamamare mu Rwanda.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul November 14, 2023 November 14, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

U Bushinwa bwitandukanyije n’u Burusiya, Putin araba uwa nde?

January 30, 2019
Andi makuru

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Qatar

March 21, 2023
Iyobokamana

Tonzi abaye umuhanzi wa mbere uririmba indirimbo zo guhimbaza ugurishije alubumu ye Miliyoni y’amanyarwanda

February 7, 2024
Imyidagaduro

Ozone Entertainment yatangije ikigo cy’abanyamideli yise NAF Model Empire

April 25, 2025
Imyidagaduro

Hamza Bouncer wo muri The Wave Lounge aranyomoza amakuru avuga ko bakira abantu nabi

June 16, 2023
Imyidagaduro

Mulix yifashishije General Benda na Shakira Kay mu ndirimbo ye Zimbela (Video)

June 21, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?