SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Knowless ntiyemeranywa n’abategura ibitaramo mu Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Knowless ntiyemeranywa n’abategura ibitaramo mu Rwanda
Imyidagaduro

Knowless ntiyemeranywa n’abategura ibitaramo mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: November 11, 2023
Share
SHARE

Umuhanzikazi Butera  Jeanne d’Arc  ukunzwe cyane nka Knowless  ni umwe mu bahanzikazi dufte mu Rwanda  bamaze hejuru y’imyaka  14 mu muziki nyarwanda  aho yagiye abera benshi mu bakobwa icyitegererezo ndetse akanatuma benshi binjira  muri uyu mwuga .

Uyu mubyeyi w’abana  batatu  yabyaranye n’umugabo Ishimwe Clement ntakunze kumvikana  mu itangazamakuru cyane avuga  ku bategura  ibitaramo mu Rwanda  cyane  ariko kuri iyi nshuro  yabigarutseho  mu kiganiro kuri Radio  ubwo yari  mu gikorwa cyo kumenyekanisha  Indirimbo ye nshya yise  “ Oya Shan”

Uyu muhanzi ubwo yari abajijwe ikibazo ku bintu bituma kenshi  atagaragara mu bitaramo cyangwa bimuca intege muziki we  adaciye ku ruhande yavuze ko abategura ibitaramo mu Rwanda atemeranywa nabo kubera  imikorere yabo

Yagize ati “Hari igihe ubona imbaraga umuhanzi ashyira mu muziki ariko wareba amafaranga abifuza serivisi ze bamuha, ukabona ntibihuye rwose.”

Butera Knowless yavuze ko ibi biri mu byatumye atagaragara mu bitaramo byinshi, icyakora ahamya ko we akora uko ashoboye bityo haramuka hagize umwegera abona bahuje mu biganiro bagakorana.

Uyu muhanzikazi uherutse kurangiza Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye ‘Business Administration’ yavuze ko yahisemo gukomeza amasomo mu rwego rwo gucecekesha abatekereza abahanzi nk’abantu badashobotse.

Ati “Njye nkunda kurwana no gukora icyo umuntu ambwiye ko ntashobora, nabikoze kugira ngo n’uwashaka kuvuga ko abahanzi ari abantu bari aho ngaho ntazongere kuko hari urugero. Kwiga twabishobora, gukora ibindi twabishobora, ariko n’aka ni akazi kandi ni ko twahisemo.”

Cécile Kayirebwa yahakanye ibyo kuririmba mu gitaramo ‘Urwinziza Rurahamye’
Ubukwe bw’umwana w’umunyemari Ambani bukomeje kuvugisha benshi kw’isi
Abaramyi Gaby Kamanzi, Aline Gahongayire na Tonzi bakebuye abakirangwa n’inzangano
Kigali Comedy Club ije ari igisubizo ku bakunzi b’urwenya muri Kigali
Abahanzi Amalon,Victor Rukotana na Juno Kizigenza bateguye ibitaramo bibimburira umunsi mpuzamahanga wa Muzika
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Casino Rewards Login

February 25, 2025

Monte Gordo Casino Review And Free Chips Bonus

May 28, 2024

Free Slots Australia – Play The Best Free Online Slots Today

September 5, 2023

Pokies Machines Near Me

May 28, 2024

League Of Legends Casino

May 28, 2024

Megarush Casino Login App Sign Up

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?