SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Sauti Sol yakoze iserukiramuco ‘Sol Fest’ basezera ku bakunzi babo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Sauti Sol yakoze iserukiramuco ‘Sol Fest’ basezera ku bakunzi babo
Imyidagaduro

Sauti Sol yakoze iserukiramuco ‘Sol Fest’ basezera ku bakunzi babo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/11/06 at 7:04 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Nyuma y’imyaka 17 itsinda ry’Abanya-Kenya rya Sauti Sol rivutse, ryakoze igitaramo cya nyuma gishyira iherezo ku rugendo rwaryo mu muziki.

Sauti Sol yashimishije abakunzi bayo mu bitaramo bibiri yakoze birimo icyabaye ku wa 2 no ku wa 4 Ugushingo 2023. Ni ibitaramo byari byiswe ‘Sol Fest’ byabereye mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, aho amatike yabyo yacurujwe agashira.

Umuraperi w’Umunya-Kenya, Nyashinski wanahuriye mu ndirimbo na Sauti Sol bise “Short N Sweet’’ ni umwe mu bahanzi baririmbye muri iri serukiramuco iri tsinda ryasezereyemo abakunzi baryo.

Ubwo yari ari ku rubyiniro Nyashinski yasubiragamo amagambo agira ati “Long Live Sauti Sol’’ asobanuye mu kinyarwanda ati “Ramba Sauti Sol’’. Aya magambo yatumye abakunzi b’iri tsinda batashakaga ko ritandukana bavuza akaruru bagaragaza ko rizabahora ku mutima.

Muri iki gitaramo gisoza iserukiramuco ‘Sol Fest’ cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Ugushyingo 2023, Bien Baraza wari mu nkingi za mwamba za Sauti Sol, yavuze ko bari bamaze imyaka 17 bitoza uko bazitwara. Ati “Twitoje imyaka 17 twitegura iki gitaramo cyacu cya nyuma

Muri Gicurasi 2023, nibwo Sauti Sol yari yatangaje ko igiye gutandukana. Iri tsinda ryabitangaje ribinyujije mu itangazo ryashyize ku mbuga nkoranyambaga.

Iri tangazo ryashimiraga abafana babaye hafi iri tsinda mu gihe cyose ryari rimaze rikora umuziki, rikagaragaza ko Bien-Aimé Baraza, Willis Chimano na Savara Mudigi bari barigize buri wese agiye kwita ku mishinga ireba ahazaza he, bakazakomeza gukorana bya hafi nk’inshuti ndetse n’abantu bari bahuriye mu bushabitsi.

Abagize iri tsinda bari bamaze igihe buri wese yirwanaho ndetse bamwe bari baratangiye gushyira hanze ibihangano.

Sauti Sol ni itsinda ry’Abanya-Kenya rigizwe na Bien-Aimé Baraza, Savara Delvin Mudigi, Willis Austin Chimano na Polycarp Otieno wacurangaga guitar. Ryari rimaze kubaka ibigwi dore ko ryatangiye umuziki mu 2005.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul November 6, 2023 November 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Arsene Wenger yageze mu Rwanda aho aje kwitabira inama rusange ya FIFA I Kigali

March 13, 2023
Andi makuru

Inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe

December 15, 2024
Imyidagaduro

Burna Boy yesheje agahigo ko kumvwa n’abarenga milliyari kuri Audiomack

June 23, 2023
Imikino

Ikipe ya Kiyovu Sports yahagaritse Mugunga Yves!

December 20, 2023
Imyidagaduro

Umuryango wa Producer Junior watangaje amatariki azashyingurirwaho

July 30, 2023
Andi makuru

Corneille Nangaa wa AFC/M23 yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

February 6, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?