SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Riderman yashimiye umubyeyi we wamubujije gukora indirimbo zimuteranya n’inshuti ze
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Riderman yashimiye umubyeyi we wamubujije gukora indirimbo zimuteranya n’inshuti ze
Imyidagaduro

Riderman yashimiye umubyeyi we wamubujije gukora indirimbo zimuteranya n’inshuti ze

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/10/20 at 9:29 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuraperi Gatsinzi Emery uzwi  nka Riderman umwe  mu bahanzi bamze imyaka myinshi  mu muziki, yashimiye umubyeyi we wamugiriye  inama  ubwo   yari atangiye kwishora mu ndirimbo zirimo ihangana n’inzangano  hagati ye n’abahanzi bagenzi be.

Ibi uyu  mugabo w’abana batatu yabitangaje ubwo  yari mu gitaramo cya Gen Z Comedy mu gace  bise  “Meet Me Tonight” yatanze umurongo ku ngingo zitandukanye yabajijwe zijyanye n’inzangano zivugwa hagati y’abahanzi ndetse atanga inama ku bakiri bato.

Uyu muraperi avuga ko yigeze kubura akazi kari kumuha amafaranga menshi bitewe n’umuntu wamuvuze nabi kandi avuga ibitari ukuri.

Ati “Ubu rero hari intambara y’abahanzi badusebya, hari amasezerano y’akazi nabuze kubera umuntu wansebeje, umuntu iyo akugendaho biba bigoye kuko mba ncunga ko uwo muntu atongera kubikora. Kuba twatandukanye nk’inshuti ntibivuze ko tuba abanzi.”

Uko umubyeyi we yamubaye hafi ubwo yari atangiye kwishora mu ndirimbo zuzuyemo ihangana hagati ye n’abahanzi bagenzi be (beef).

Ati “Mama yansabye kureka beef (indirimbo zirimo ihangana n’urwango) yarambwiye ati ni ibi koko ugiyemo? Nanjye nabisohotsemo kuko sibyo nari ngamije.”

Uyu muraperi watangiye umuziki iwabo, yagiriye inama abakiri bato.

Ati “Icya mbere ni ukwigirira icyizere. Ugomba kumva inzozi zawe utitaye ku bandi. Nta muntu wakumva wowe utiyumvise. Nta muntu uzakwizera nutiyizera. Nta muntu ushobora kumva inzozi zawe nk’uko uzumva.”

Uyu muraperi nanone agaruka ku bashyira imbere amafaranga, aho yavuze ko bakwiye kuzirikana impamvu batangiye umuziki.

“Si byiza gushyira imbere amafaranga kuko atinda kuza, n’ubwo abantu batagushyigikira wowe komeza uzirikane impamvu .

Ku bijyanye no kuba ajya mu bapfumu Ridreman  yashimangiye ko ari umwana uvuka mu muryango usenga kandi atabona izo mbaraga kuko  yizera Imana kuko ariyo mupfumu wa mbere ukomeye kw’isi .

Yakomeje avuga ko kuba atajya  asubira inyuma mu muziki we aruko akora cyane  kandi agafata umwanya wo gusaba Imana kumuha ingufu zo kugera ku byiza yifuza .

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul October 20, 2023 October 20, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuramyi Bosco Nshuti yerekeje ku mugabane w’iburayi

November 28, 2023
Andi makuru

Umunyamauritaniya Sidi Ould Tah yatorewe kuyobora Banki Nyafurika Itsura amajyambere

May 29, 2025
Imikino

Héritier Luvumbu yafashije Rayon Sports gutsinda Gorilla FC

January 20, 2024
Kwamamaza

Kaizen Hotel yashyize igorora abakiliya bayo ba siporo na sauna Massage

April 30, 2025
Utuntu n'utundi

Umutekano udasanzwe wari wose mu rubanza rwa Kazungu Denis wishe abantu 14

September 21, 2023
Andi makuru

Abibaza ku mpinduka muri Guverinoma nibategereze ntiziraba :Perezida Kagame

January 9, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?