SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: IGP Felix Namuhoranye yaburiye Abahinduye liquor stores zabo utubari
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > IGP Felix Namuhoranye yaburiye Abahinduye liquor stores zabo utubari
Andi makuru

IGP Felix Namuhoranye yaburiye Abahinduye liquor stores zabo utubari

Ahupa Radio
Last updated: 2023/10/05 at 9:51 AM
Ahupa Radio
Share
3 Min Read
SHARE

Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu, IGP Felix Namuhoranye, yavuze ko hongerewe imbaraga mu mukwabu wo gushaka inzu zicururizwamo inzoga zo gutahana (liquor stores) n’izitangirwamo ibyo kurya n’ibindi bicuruzwa (alimentations) zahindutse utubari mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali.

Yabigarutseho ku wa 4 Ukwakira 2023 ubwo Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, byagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru.

Ni ikiganiro yatanze bijyanye n’uko ikibazo cy’ubusinzi ari kimwe mu bikomeje guteza ibibazo mu nguni zitandukanye, haba guteza impanuka zo mu muhanda, gutuma urubyiruko rutagera ku ntego rwihaye n’izindi zijyanye n’ubuzima bwarwo burushaho kujya mu kaga.

Mu guhangana n’ibyo bibazo, Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 1 Kanama 2023 yanzuye ko ibikorwa na serivisi byose bitari iby’ingenzi bizajya bifunga saa Saba z’ijoro mu minsi y’imibyizi, na ho mu mpera z’icyumweru bigafunga saa Munani z’ijoro.

Mu minsi ishize ubwo yari mu kiganiro na RBA, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yavuze ko iki cyemezo kiri mu murongo wo gushyigikira gahunda iherutse gutangizwa na Minisiteri y’Ubuzima ikangurira abantu kunywa inzoga nke.

Gahunda y’ubu bukangurambaga bwa Minisiteri y’Ubuzima yatangiye nyuma y’uko abayobozi batandukanye barimo na Perezida Paul Kagame bagaragaje ko u Rwanda rufite ikibazo cy’ubusinzi bukabije buniganje mu rubyiruko.

Bamwe bamaze kubona ko iki kibazo cy’ubusinzi cyahagurukiwe, bahisemo kuzajya bajya kunywera muri za alimentations, cyangwa muri za nzu zicururizwamo liqueurs ngo batavumburwa.

IGP Namuhoranye yavuze ko nubwo bakwihisha batyo bitabakundira kuko bisa nko gutwika inzu ugahisha umwotsi.

Ati “Mumaze kumva liquor stores, alimentations zahindutse utubari. Niba hari umuntu utakwihisha ni uwasinze. Ni nko kwitaba telefone uvuga ko uri mu biro kandi uri iwawe mu rugo, umwana arahamagara papa na mama ku rugi, igikurikira umukoresha wawe arakubaza ngo wajyanye umwana mu biro?”

Yakomeje ati “Umusinzi uri muri alimentation ahantu hari isaha zigera volume ikagenda izamuka, agatangira kwigisha amateka y’intambara atarwanye.”

IGP Namuhoranye yasabye ubufatanye kugira ngo ubu businzi bwugarije cyane cyane urubyiruko bucike kuko nta washyigikira ko mu myaka icumi iri imbere, igihugu cyazaba gifite abantu bari mu mirimo itandukanye ariko “badandabirana” kubera inzoga biyahuje bakiri bato.

Ati “Muri kumva ubukangurambaga bwa #TunyweLess. Iyaba byashobokaga twavuga ngo tunareke. Bamwe bavuga ko ari uburenganzira bwabo ariko se uburenganzira bwica umunyango [bubaho]?”

“Liquor store ifite lisansi [licence] yayo, ihinduka bar gute? Twese usanga ari ho turi. Oya. Turi gukurikirana iki kibazo mu buryo bukomeye, turi gukora umukwabu utyaye (crack down operation). Umuntu ufite liquor store yahinduye akabari. Turaje, tuje kugushaka. Kora liquor store, kora alimentation.”

Mu cyumweru gishize ni bwo hatangiye imikwabu yo gufunga liquor stores zikora nk’utubari by’umwihariko haherewe mu bice bya Kicukiro ahazwi nko mu Gatenga.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Ahupa Radio October 5, 2023 October 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuruUbukungu

Africa Energy Expo 2024: Rwanda Commits to Supporting the Development of Clean Energy

November 7, 2024
Andi makuru

Umudage Rudiger Koch yaciye agahigko ko kumara iminsi 120 yibera munsi y’amazi

January 26, 2025
Imikino

Héritier Luvumbu yafashije Rayon Sports gutsinda Gorilla FC

January 20, 2024
Imyidagaduro

The Ben yakiranywe ubwuzu n’urukundo byinshi I Bujumbura (Amafoto )

September 27, 2023
Imyidagaduro

Kenny Sol yishimiwe na Abarundi mu gitaramo yakoreye i Bujumbura (Amafoto)

February 11, 2023
Imyidagaduro

Chris Brown yaterewe muri yombi i Londres

May 16, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?