SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Victor Rukotana yanyuze abakunzi be mu gitaramo cye yise”Dutarame u Rwanda’
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Victor Rukotana yanyuze abakunzi be mu gitaramo cye yise”Dutarame u Rwanda’
Imyidagaduro

Victor Rukotana yanyuze abakunzi be mu gitaramo cye yise”Dutarame u Rwanda’

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/09/23 at 6:50 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Ku mugoroba wo kuri uy Gatanu tariki 22 Nzeri muri Onomo Hotel Umuhanzi Victor Rukotana yashimishije benshi muri gahunda yatangije ihoraho y’ibitaramo by’injyana gakondo bigamije gutanga umusanzu mu kuyiteza imbere no kwigisha abantu ibijyanye n’Umuco Nyarwanda

Icyo gitaramo cyitabiriwe na benshi mu byamamare cyabimburiye ibitaramo ateganya bizajya biba kabiri mu kwezi.

Muri ibi bitaramo afatanya n’abarimo Rass Kayaga, Abamararungu Group n’abandi bahanzi bazwi mu muziki gakondo. Ibi bitaramo yabyise “Dutarame u Rwanda’’.

Igitaramo cyabanjirije ibindi yari yatumiye abahanzikazi Ange na Pamella ndetse na Massamba Intore ari nawe wahaye umugisha ibi bitaramo nk’umwe mu bafashije uyu muhanzi ubwo yatangiraga umuziki.

Aba bahanzi bose bakumbuje abantu indirimbo gakondo cyane ko arizo basanzwe bazwiho. Uretse indirimbo ariko havuzwe n’amazina y’inka benshi bishimira ubuhanga byakozwemo

Victor Rukotana nyuma y’igitaramo yadutangarije  ko impamvu we n’abari kumufasha bahisemo gutangiza ibi bitaramo ari uko nta hantu hahari abantu bahurira ngo batarame, bace imigara, bige amateka y’igihugu, baririmba, bavuga imivugo n’amazina y’inka, baca imigani cyangwa ngo basakuze.

Ati “ ibi bitaramo  twabikoze kuko abantu muri iyi minsi abanyarwanda bihugiyeho badahura alkugira ngo batarame bungurane ibitekerezo ku bifitanye isano n’umuco wacu gakondo kandi ibyo na byo biba bikenewe cyane kugira ngo abari kubyiruka batazatakaza wa mwimerere wa Kinyarwanda.’’

“Indi ntego ni ugususurutsa abakuru, tugafasha abato gukunda Umuco binyuze mu gutarama tukiyibutsa gakondo yacu tukivuga imyato, tukarata Intwali.’’

Victor Rukotana yamenyekanye mu ndirimbo nk’Umudamazera, Love, Umubavu, Love, Akayama, Kideyo ni zindi nyinshi yagiye ahuriramo  nabandi bahanzi.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul September 23, 2023 September 23, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Oldies Music Festival’ yaranzwe n’udushya Fuadi ahemberwa kwambara neza (Amafoto)

July 28, 2024
Imyidagaduro

Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu bihumbi byishimiye alubumu 25shades ya Bwiza

May 19, 2025
Imikino

Sadate Munyakazi yemereye Abakinnyi ba Rayon Sport Miliyoni nibatsinda mukeba APR Fc

March 9, 2024
Imyidagaduro

Kevin Hart n’umuryango we basuye urwibutso Jenoside rwa Kigali

July 20, 2023
Imyidagaduro

Abazitabira igitaramo cy’Amore Valentine’s kizaririmbamo Kidumu bashyizwe igorora

January 29, 2025
Andi makuru

Rond Point yahoze ari iya Mtn kimihurura yasenywe

January 10, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?